AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abimukiye mu isoko rishya rya Nyabugogo barishimira intambwe bateye

Yanditswe Oct, 24 2018 22:04 PM | 15,873 Views



Abacuruzi bakorerega mu isoko rya Biryogo bakimukira Nyabugogo mu nyubako y'amashyirahamwe  barishimira ko basigaye bakorera ahantu heza hahesha agaciro ibyo bakora.

Hashize ukwezi abacururizaga mu isoko rya Biryo baryimuwemo kugirango bajye gukorera mu zindi nyubako n'amasoko bigezweho. Bamwe mu bakoreraga muri iri soko rya Biryogo batashoboye kubona aho bakorera baravuga ko bari mu bihombo. Nsengiyumva Iddrissa ati "Ni ibintu byatunguranye cyane ku buryo no kwimukamo hano kubera ukuntu byakozwe vuba vuba abantu batabisobanuriwe hari abaturage byaviriyemo ibihombo babura ibicuruzwa byabo, abandi kubera kwimuka batategujwe, bakabura ubushobozi bwo kwimuka, abandi kubera kutagenerwa aho kwimukira ibintu bakabizinga bakabijyana mu rugo cyangwa se bakabura aho babyerekeza."

Ku rundi ruhande bamwe mu bacuruzi bagannye igorofa y'amashyirahamwe Modern Market barishimira urwego bagezeho kuko bacururiza mu nyubako ihesheje agaciro umurimo bakora.

Mugisha Martin ati, "Ntabwo wagereranya mu Biryogo na hano nonese ko mu Biryogo hari akavuye kenshi haba hari n'abajura hakaba n'abatinya kuhaza bavuga bati nimparika imodoka barayiba indorerwamo, ariko hano hari umutekano, hari aho imodoka ziparika, niyo wayihasiga ukigira ahandi wasanga nta kibazo yagize.

Iyi nyubako y'amashyirahamwe ifite abushobozi bwo kwakira abacuruzi basaga ibihumbi 2000, kuva mu kwezi kwa 1 k'uyu mwaka iyi nyubako itangiye gucururizwamo imaze kwakira abagera ku 1000. Metero kare imwe ikodeshwa amafaranga y'u Rwanda ibihumbi 17, 700. 

Umuyobozi wungirije w'akarere ka Nyarugenge ushinzwe ubukungu Vedaste Nsabimana avuga ko aho isoko rya Biryogo ryari riri hateganyijwe kubakwa isoko rigezweho.

Abaturage basanzwe bafite inyubako z'ubucuruzi mu gace kegereye aho isoko rya Biryogo ryahoze barasaba ko umushinga wo isoko rigezweho wakwihutishwa kuko ubu inzu zabo zabuze abakiriya bitewe n'uko nta bikorwa by'ubucuruzi biri aho bakorera.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira