AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma barashinja uruganda rw’icyayi rwa Rubaya kubahuguza ubutaka

Yanditswe Jan, 31 2021 09:02 AM | 90,350 Views



Imiryango 27 y’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma  mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero ishinja uruganda rw’icyayi rwa Rubaya kubahuguza ubutaka barutije.

Bavuga ko bumvikanye ko uru ruganda ruzahinga icyayi muri ubwo butaka mu gihe cy'imyaka isaga 10 rukazajya rubungukira ariko  nyuma rurabigarika, ubutaka rubugira ubwarwo nyamara ngo nta bugure bwabayeho.

Ubutaka iyi miryango ivuga ko yahugujwe, uba ubwitegeye neza iyo uri  Mudugudu wa Gatomvu, Akagari ka Bugarura,mu Murenge wa Muhanda ya Ngororero aho iyi miryango yatujwe.

Magingo aya, umusozi mugari bavuga ko wahoze ari ubutaka bwabo uteyeho ishyamba ry’inturusi n’icyayi bigaragara ko kikiri gito. Abahagarariye imiryango y’aba baturage amateka agaragaza ko basigaye inyuma, mu mvugo yumvikanamo ubukana bahamya ko bakorewe akarengane bahuguzwa  ubutaka bwabo. 

Aba baturage bifuza ko ibyo bumvikanye n’uruganda byubahirizwa bitaba ibyo bagasubizwa ubutaka bwabo.

Uruganda rw’icyayi rwa Rubaya ruvuga iki kubivugwa n’aba baturage?  Ku ruganda rw’icyayi aho umunyamakuru yerekeje amaze kumva ibyo ahamirijwe n’abaturage, umuyobozi mukuru warwo mu magambo make avuga ko habayeho ubugure kandi ibimenyetso bihari.

Mutwarangabo Innocent  washyizwe mu majwi n’abaturage nk’uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge mu gihe habagaho ubwumvikane,  uyu munsi ni umujyanama wa  Komite Nyobozi y’Akarere ka Ngororero; yemera ko ikibazo akizi kandi yagiriye inama abo baturage uburyo ubutaka bwabo bwabyazwa umusaruro butagurishijwe.

ikibazo cy’aba baturage cyamenyekanye bitinze ariko mu gihe cy’ibyumweru bibiri  kigomba kuba cyahawe umurongo kuko  ngo hari icyatangiye gukorwa kugirango ibyabariya  baturage bisobanuke, nk'uko Umuyobozi w'Akarere ka Ngororero, Ndayambaje Godefroid yabisobanuye.

Biragoye kumenya ubuso bw’ubu butaka. Yaba abaturage bavuga ko bariganyijwe ndetse n’uruganda rwemeza ko rwaguze, izi mpande zombi, nta na rumwe rugaragaza ingano y’ubuso nyabwo. Ba nyiri ubutaka ariko bemeza ntagushidikanya ko imbago z’ubutaka bwabo bazizi.


UWIMANA Emmanuel



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama