Yanditswe Jul, 21 2016 11:38 AM | 2,187 Views
Polisi y’u Rwanda mu ntara y’amajyepfo, iravuga ko yataye muri yombi abantu 5 barimo n'abayobozi bo mu nzego z'ibanze bashinjwa kunyereza umutungo w'igihugu bifashishije inyandiko mpimbano.
Umuvugizi wa police muri iyi ntara y'amajyepfo CIP André Hakizimana avuga ko mu batawe muri yombi harimo umuyobozi mu murenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango ushinjwa guhimba raporo za gahunda y’ubudehe agamije kunyereza ibyagenewe abatishoboye, ndetse n’umuvuzi w’amatungo ushinjwa kwaka amafaranga abaturage ngo abashyire ku rutonde rw’abagomba guhabwa inka muri gahunda ya Girinka.
Ngo hari n’abaturage batatu bahimbye Koperative ya baringa bakaka bagenzi babo amafaranga babizeza kubashyira ku rutonde rw’abazahabwa inka. Bafashwe bamaze kubaka agera kuri 1,700,000Fr.
Naho Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyagatare yo yataye muri yombi abantu bane bashinjwa gukoresha inyandiko mpimbano no kunyereza amafaranga yagenewe guteza imbere abaturage muri gahunda ya VUP.
Babiri muri bo basanganywe impapuro zigaragaza ko bafite Koperative ya baringa yitwa ’Duhujimihigo’.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi avuga ko bakekwaho gufatanya n’abayobozi b’inzego z’ibanze babiri, uw’umudugudu n’uw’akagari mu gukora ibyo byaha, kuko ngo babasinyiye ku byangombwa babona inkunga ya VUP ingana na miriyoni ebyiri n’igice z’’amafaranga y’u Rwanda."
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru