AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Amajyepfo:Polisi yataye muri yombi 5 bashinjwa kunyereza umutungo

Yanditswe Jul, 21 2016 11:38 AM | 2,187 Views



Polisi y’u Rwanda mu ntara y’amajyepfo, iravuga ko yataye muri yombi abantu 5 barimo n'abayobozi bo mu nzego z'ibanze bashinjwa kunyereza umutungo w'igihugu bifashishije inyandiko mpimbano.

Umuvugizi wa police muri iyi ntara y'amajyepfo CIP André Hakizimana avuga ko mu batawe muri yombi harimo umuyobozi mu murenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango ushinjwa guhimba raporo za gahunda y’ubudehe agamije kunyereza ibyagenewe abatishoboye, ndetse n’umuvuzi w’amatungo ushinjwa kwaka amafaranga abaturage ngo abashyire ku rutonde rw’abagomba guhabwa inka muri gahunda ya Girinka.

Ngo hari n’abaturage batatu bahimbye Koperative ya baringa bakaka bagenzi babo amafaranga babizeza kubashyira ku rutonde rw’abazahabwa inka. Bafashwe bamaze kubaka agera kuri 1,700,000Fr.

Naho Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyagatare yo yataye muri yombi abantu bane bashinjwa gukoresha inyandiko mpimbano no kunyereza amafaranga yagenewe guteza imbere abaturage muri gahunda ya VUP.

Babiri muri bo basanganywe impapuro zigaragaza ko bafite Koperative ya baringa yitwa ’Duhujimihigo’.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi avuga ko bakekwaho gufatanya n’abayobozi b’inzego z’ibanze babiri, uw’umudugudu n’uw’akagari mu gukora ibyo byaha, kuko ngo babasinyiye ku byangombwa babona inkunga ya VUP ingana na miriyoni ebyiri n’igice z’’amafaranga y’u Rwanda."




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura