AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Amavugurura mu muryango wa Afrika yunze Ubumwe yatanze icyerekezo kimwe-MINAFFET

Yanditswe Nov, 20 2018 21:07 PM | 2,985 Views



U Rwanda rurishimira intambwe imaze guterwa n’ibihugu bya afurika mu bijyanye n’amavugurura yatumye afurika igira icyerekezo kimwe. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr. Richard Sezibera akavuga ko  ngo ibi bitanga icyizere cy’impinduka zikomeye mu iterambere ry’abatuye uyu mugabane.

Mu 2016 nibwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’itsinda ry’impuguke yari ayoboye batangiye urugamba rugamije guha umugabane wa afurika umurongo mushya wo gukorera hamwe no kurushaho kwishakamo ibisubizo.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Dr Richard Sezibera asanga aya mavugurura akinakomeje yarahaye umurongo mushya umugabane wa afurika.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Dr Richard Sezibera avuga ko hari ikizere ko izi mpinduka zizakomeza ashingiye ku bushake abakuru b’ibihugu bafite.

Amwe mu mavugurura yakozwe mu muryango wafurika yunze ubumwe arimo nko kwemezwa ko  ibihugu bigomba kujya bitanga 0.2% by’umusoro w’ibyinjizwa mu gihugu, ni gahunda izafasha afurika gukusanya imisanzu mu bihugu, izabasha gutera inkunga 100% ibikorwa by’ubuyobozi, 75% bya program z’umuryango na 25% by’ibikorwa by’amahoro.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victo

Rusizi: Abarokotse Jenoside bagaragaje ko nta Mututsi wari wemerewe guhinga umuc

Kuba hari abagize uruhare muri Jenoside batarashyikirizwa ubutabera ntibikwiye g

Jenoside yakorewe Abatutsi ntabwo ari impanuka- Gouverneur Général

N’ubwo ari amateka ashaririye kandi ababaje ni ayacu- Donatille Mukabalisa

Tariki 21 Mata 1994: Mu munsi umwe hishwe Abatutsi barenga ibihumbi 250

Perezida wa Sena yagaye Sindikubwabo na Kambanda bashishikarije abanya-Butare kw

Gisagara: Impunzi z’Abarundi zagarutsweho mu gutiza umurindi Jenoside yako