Yanditswe May, 30 2023 21:22 PM | 115,954 Views
Abahagarariye amavuriro ya Leta mu Mujyi wa Kigali, barataka igihombo cy’amafaranga asaga miliyari 1 Frw ya serivise batanze ku baturage ntibishyure izo serivise kubera ubushobozi buke.
Umujyi wa Kigali wasabye minisiteri y’imari n’igenamigambi ko wagenerwa ingengo y’imari yihariye kuri iki kibazo kugira ngo aya madeni yishyurwe.
Abagana amavuriro atandukanye hirya no hino mu mujyi wa Kigali, barasaba ko ikibazo cya serivise zirimo n’abakozi bake cyakwitabwaho kuko hakirimo ibibazo bituma batabona ubuvuzi bifuza.
Ikibazo cy’amadeni amavuriro aberewemo n’abaturage kuri serivise bahawe ntibishyure kubera ubushobozi buke n'abakozi bake, biri mu bikomereye amavuriro yose y’Umujyi wa Kigali ku buryo byagaragajwe ko hari n’abafungirana abahawe izo serivise.
Imibare igaragaza ko iyi myenda isaga amafaranga y’u Rwanda miliyari 1.
Bamwe mu bahagarariye amavuriro barasaba ko iki kibazo cyashakirwa igisubizo kuko kiri mu bidindiza serivise.
Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imibereho y’abaturage, Urujeni Martine yasabye ko minisiteri y’imari n’igenamigambi yabagenera ingengo y’imari yihariye kuri iki kibazo kuko abenshi mu bivuriza muri aya mavuriro badafite ubushobozi ari abava mu ntara badatuye muri uyu mujyi .
Mu mujyi wa Kigali ibitaro by’indwara zo mu mutwe bya Caraes Ndera bifitiwe umwenda wa miliyoni zisaga 207 ndetse na bamwe mu barwayi iyo basezerewe ngo hari ababura aho bataha, Ibitaro bya Kibagabaga miliyoni zisaga 600, Ibitaro bya Nyarugenge miliyoni zisaga 170, Ibitaro bya Muhima miliyoni zisaga 200, ibitaro bya Kacyiru miliyoni zisaga 34 ndetse n’ibya Masaka bifitiwe umwenda wa miliyoni 16.
Jean Paul Turatsinze
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru