AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Angola: UNHCR irasaba impunzi z'abanyarwanda gutaha

Yanditswe Aug, 24 2016 11:19 AM | 1,346 Views



Abanyarwanda bagera kuri 340 bahungiye mu gihugu cya Angola basabwe gutaha vuba na bwangu ibyangombwa byabo nk'impunzi bitararangira kuko mu Rwanda ari amahoro.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi UNHCR, ryatangaje ko muri Angola hakiri abanyarwanda bagera kuri 340, bamaze igihe kinini bataratahuka kandi ibyangombwa byabo nk’impunzi bigomba kurangira mu kwezi kumwe kuri imbere.

Umukozi ushinzwe kurengera impunzi muri UNHCR muri Angola, Manuel Abrigada, yavuze ko kuba nyuma ya Nzeli bazatakaza uburenganzira bwo kwitwa impunzi, biri gutuma benshi batekereza gutaha, ndetse iryo shami rya Loni ryiteguye kubafasha gutahuka muri gahunda yo gushaka umuti urambye ku buhunzi ku Isi.

Ishami rya Loni rishinzwe impunzi riheruka gukuraho sitati y’ubuhunzi ku banyarwanda bahunze hagati ya 1959 na 1998, muri Kamena 2013. Gusa uyu muryango ugenda ushyiraho ibihe bitandukanye ku bihugu bitewe n’imiterere na politiki yabyo, aho biteganyijwe ko ubuhunzi buzarangizwa burundu muri 2017.



Photo: Umwe mu miryango yabaga Angola utashye mu Rwanda



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira