Yanditswe Mar, 21 2019 08:53 AM | 2,659 Views
Abafite inganda zitunganya ibikorerwa mu Rwanda n'abaturage, ntibavuga rumwe kuba leta y'u
Rwanda yarorohereje izi nganda kubona ibikorwa remezo nk'amazi n'amashanyarazi
ndetse bagabanyirizwa n'imisoro ariko ibyo zikora bikaba bigihenze.
Zimwe muri izi nganda zitunganya ibikorerwa mu Rwanda byingajemo ibikomoka
ku buhinzi n’ubworozi, imyambaro, ibikoresho by'ubwubatsi, ndetse n'inganda
ziciriritse zikora ibijyanye n'ubukorikori, Leta y'u Rwanda yazorohereje kubona
ibyanya byihariye by'aho zikorera, zimwe zikurirwaho imwe mu misoro ku bikoresho
by'ibanze zifashisha, ndetse n'ibiciro byo hasi ku mazi n'amashanyarazi.
Nyamara Abaturage bakenera ibikorwa n'izi nganda bavuga ko bigihenze bagahitamo kugura ibiva hanze, bikandindiza gahunda yo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda.
Ku rundi ruhande abafite izi nganda bavuga ko ibyo bakora bibigurisha ku biciro byo hejuru kubera
impamvu zitandukanye.
Mu bukangurambaga bwa Minisiteri y'ubucuruzi n'inganda ifatanyijemo n'ikigo
cy'igihugu gitsura ubuziranenge bugamije guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda
kandi byujuje ubuziranenge Josephine Bambarishya ushinzwe iterambere ry'inganda, hamwe na Anicet Muliro Umuhuzabikorwa wa gahunda
ya 'Zamukana Ubuziranenge' muri RSB bavuga ko abafite inganda
zitunganya ibikorerwa mu Rwanda bakwiye guhindura imyumvire kuri ibi biciro byo
hejuru ku bicuruzwa byabo.
Kuva mu Mwaka w'2015 Leta y'u Rwanda yatangije ubukangurambaga bugamije guteza imbere ibikorerwa mu
Rwanda na Politiki zihamye
z'ubuziranenge bwabyo kugira ngo bigire
agaciro ku masoko yo mu Rwanda n'ayo hanze. Ibi byafashije igihugu kugabanya
icyuho cy'iri hagati y'ibyo u Rwanda rutumiza mumahanga n'ibyoherezwa yo.
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru