AGEZWEHO

  • AMAFOTO: Perezida Kagame yayoboye inama y'Abaminisitiri – Soma inkuru...
  • U Rwanda na Uganda byiyemeje gufatanya mu gukemura ibibazo biterwa na ADF na FDLR – Soma inkuru...

BNR yavuze ku bikomeje gutuma haba izamuka ry'ibiciro rikabije mu Rwanda

Yanditswe Sep, 22 2022 19:17 PM | 210,039 Views



Banki Nkuru y'u Rwanda yavuze ko izamuka ry'ibiciro rikabije mu Rwanda ridashingiye gusa ku bibazo by'ubukungu ku isi, kuko no mu Rwanda habayeho ikibazo cy'umusaruo muke mu rwego rw'ubuhinzi.

BNR igaragaza ko ubukungu bw'u Rwanda bwazamutse neza mu gice cya mbere cy'uyu mwaka nubwo guverineri wa banki nkuru y'u Rwanda, John Rwangombwa avuga ko umuvuduko wo kuzahuka kw'ubukungu muri icyo gihe wagabanutse ugreranije no mu mwaka ushize ubwo hatangiraga gufatwa ingamba zo guhangana n'ingaruka za Covid-19.

Ku bijyanye n'ibiciro bikomeje gutumbagira umunsi ku wundi, guverineri Rwangombwa avuga ko nubwo iki ari ikibazo kiri ku isi muri rusange, ku Rwanda ho hari umwihariko kuko hari impamvu zishingiye ku musaruro muke w'ubuhinzi.

Ku bijyanye n'ikoranabuhanga mu kwishyurana, BNR igaragaza ko agaciro k'ibikorwa byo guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga ugereranije n'umusaruro mbumbe kazamutse ku gipimo kirenga 111.4% kugeza mui Kamena uyu mwaka ugereranije n'izamuka rya 95.5% mu gihe nk'iki umwaka ushize. 

Ibi bitandukanye n'umuvuduko w'ubwitabire kurikoresha mbere ya Covid 19 kuko nko muri 2019 muri kamena agaciro k'ibyo bikorwa ku musaruro mbumbe kari kuri 36.4%



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar

Politiki mbi ntikwiye kuba muri siporo - Perezida Kagame

Ibikoresho bya mbere byo kubaka uruganda rw’inkingo byageze mu Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bari mu buyobozi

Perezida Kagame yavuze ko Leta iticaye ubusa mu guhangana n'izamuka ry'

U Rwanda na Yorudaniya mu masezerano y'ubufatanye

EAC yasabye ko Abanyekongo bahungiye mu Rwanda na Uganda bacyurwa

Nzakora icyo ari cyo cyose kugira ngo inkuru ya FDLR itazagaruka iwacu ukundi-Pe