AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

BNR yazamuye igipimo cy’inyungu iheraho inguzanyo banki z’ubucuruzi

Yanditswe Aug, 11 2022 19:24 PM | 110,990 Views



Banki Nkuru y’u Rwanda yazamuye igipimo cy’inyungu iheraho inguzanyo banki z’ubucuruzi kigera kuri 6% kivuye kuri 5%, Guverineri wa BNR John Rwangombwa asobanura ko ibi bigamije kugabanya umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro rigeze kuri 12.1%.

Rwangombwa ukuriye akanama gashinzwe kubungabunga politike y'ifaranga no kutajegajega k'ubukungu bw'igihugu, avuga ko izamuka ry'ibiciro ku isoko riteye impungenge ariko agahumuriza abaguzi ko uru rwego rurimo gukora ibishoboka byose ngo ibiciro bye gukomeza gutumbagira.

Avuga ko hari icyizere ko mu ntangiriro z'umwaka utaha ibiciro bizaba bimaze kujya ku kigero cyifuzwa na Banki Nkuru y'u Rwanda cya 5%, bitewe n'ingamba igihugu gikomeje gufata.

Muri rusange Guverineri Rwangombwa yemeza ko ibyiciro byose bihagaze neza birimo n'abishyura imyenda bafashe mu bigo by'imari nubwo bazakomeza kubikurikiranira hafi.

Igipimo rusange cy’ibiciro ku isoko cyo giteganyijwe kuzamukaho 12.1% mu mwaka wa 2022, nyuma yo kwiyongeraho 0.8% mu mwaka wa 2021.

Igipimo gihuza umusaruro w’inganda na serivisi cyifashishwa mu buryo bw’agateganyo mu kumenya icyerekezo cy’ubukungu, cyazamutseho 10.7% mu gihembwe cya 2 cya 2022, ugereranyije n’izamuka rya 32.5% mu gihembwe cya 2 cya 2021.

BNR ivuga kandi ko bitewe n’ihindagurika ry’ikirere, igihembwe cy’ihinga cya 2022 A umusaruro w’ibiribwa ugabanukaho 1.2% bityo ibiciro byabyo biriyongera.

Agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda kagabanutseho 1.93% mu mpera za Nyakanga 2022 bagereranyije n’impera z’Ukuboza 2021.

Bosco Kwizera



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir