AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

BRD na EIB bashyize umukono ku masezerano y'inguzanyo ya miliyoni 30 z'Amayero

Yanditswe Nov, 23 2021 17:45 PM | 71,596 Views



Kuri uyu wa Kabiri, Banki y'Amajyambere y'u Rwanda na Banki y’u Burayi y'ishoramari, zasinyanye amasezerano y'agaciro ka miliyoni 30 z'Amayero, azatangwa nk'inguzanyo n'impande zombi kubikorera mu Rwanda.

Ni amasezerano ashingIye kuri gahunda y'iyi banki yo kuzahura ishoramari n'ubukungu byazahajwe n'icyorezo cya Covid19 mu karere ka Afurika y'Iburasirazuba.

Minisitiri w'Imari n'igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana yavuze ko ingamba za leta zo kuzahura ubukungu zishingiye ahanini ku kunganira abikorera kugira ngo bifashe kuzamura imyanya mishya y'akazi.

Yaba ubuyobozi bw'iyi banki y'ishoramari ndetse n'uhagarariye umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi, bahuriza ku kuba u Rwanda ari igihugu ntangarugero mu mikorere ivana abaturage mu bibazo byatewe n'icyorezo cya covid19, akaba ariyo mpamvu biborohera kuba ariho bahera gahunda zose zigenewe ishoramari n'iterambere mu karere u Rwanda rugerereyemo.

Umuyobozi mukuru wa BRD izanyuzwamo ayo mafaranga, Kampeta Sayinzoga yavuze ko aya mafaranga yiyongera ku bushobozi iyo banki yakomeje kubaka bwo kwihutisha iterambere binyuze mu mishinga minini ariko bakanunganira banki z'ubucuruzi gushora amafaranga mu bikorera bafite imishinga yazamura iterambere ry'abanyarwanda benshi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira