Yanditswe Aug, 14 2022 19:12 PM | 80,009 Views
Bamwe mu banyeshuri bize amasomo y’uburezi budaheza (Special needs
Education) bavuga ko bageze ku isoko ry’umurimo bagasanga imyanya bakenewemo
ari micye kuko aya masomo yize atigishwa mu mashuri asanzwe bityo ibyo bize
bakabura aho babikoresha.
Minisiteri y’Uburezi ivuga ko ubundi buri kigo kiba gikwiye kugira umwarimu nibura wize uburezi budaheza ariko ikibazo cy’amikoro kigakomeza kuba imbogamizi.
Abize amasomo y’uburezi budaheza (Special needs education) bavuga ko ibyo bize bikenewe ariko kuko bitigishwa no mu mashuri asanzwe ngo bituma abahawe kwiga ayo masomo yonyine batayavangiwe n’andi bagera ku isoko bakibura.
Bavuga ko hari n’ibizamini by’akazi bagiye bakoreshwa mu bihe bitandukanye bakanabitsinda byarangiraga nta numwe uhawe akazi.
Aba banyeshuri bavuga ko batemerewe no gukora ibizami byo kwigisha mu mashuri asanzwe kuko bo bafite umwihariko wo kuba barize uburezi budaheza gusa, mu gihe abize inyuma yabo bo bahawe amahirwe yo kuvangirwa amasomo ku buryo uburiye hamwe yabonera ahandi.
Abize amasomo y’uburezi budaheza atavanzwe nandi masomo, bifuza ko ibyo bize byashyirwa no mashuri asanzwe, ndetse bakanasaba Leta ko yabashyiriraho gahunda yo kubahugura no mu bindi, kugira ngo na bo babashe kwisanga ku isoko ry’umurimo.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe politiki muri Minisiteri y’Uburezi Rose Baguma, avuga ko ubundi buri kigo kiba gikwiye kugira umwalimu nibura wize uburezi budaheza ariko amikoro akaba make.
Mu butumwa bugufi yagize ati « Ubundi buri kigo cyakagombye kugira umuntu wize uburezi budaheza (Special needs Education) ariko kubera ubushobozi usanga iyo bigeze mu gushaka abakozi bidakunda cyane ugereranyije n’abarimu b’andi masomo. Minisiteri y’Uburezi nayo izagenda yongera umubare w’abahabwa ako kazi mu mashuri bitewe n’uko ingengo y’imari izagenda iboneka.’’
Baguma kandi yanavuze ko abize uburezi budaheza bagenda babona akazi no mu bigo bitari ibya Leta ndetse Minisiteri y’Uburezi ijya ibifashisha mu guhugura abandi barimu bakabihemberwa, ndetse abandi bakajya no kuba basemura ururimi rw’amarenga aho bikenewe.
Yusuf SINDIHEBA
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
35 minutes
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru