Yanditswe Apr, 28 2021 17:04 PM | 25,973 Views
Abashoye
imari mu kubaka inzu z’ubucuruzi mu mujyi wa Kigali basabye Minisitiri
w’ubugetsi bw’igihugu Gatabazi Jean
Marie Vianney ku bakorera ubuvugizi ku bigo by’imari kuko ngo kubura
abazikoreramo byatumye badashobora kwishyura inguzanyo uko bikwiye.
Nyuma y’iminsi mike ashyizwe muri uyu mwanya,Minisitiri w’ubutgetsi bw’igihugu Gatabazi Jean Mari Vianney akomeje gusura ibikorwa by’amajyembere bitandukanye hirya no hino mu gihugu areba impinduka byazanye mu buzima bw’abaturage.
Mu murwa Mukuru w’u Rwanda, uyu muyobozi yasuye imishinga y’ibikorwa remezo by’ubukungu n’imibereho myiza.
Mu bibazo yagaragarijwe, harimo ibiciro by’ubukode bw’inzu zicururizwamo bihanitse. Ni mu gihe abashoye imari muri izi nzu z’ubucuruzi na bo basaba ubuvugizi kuko bakererewe kwishyura inguzanyo batse bazubaka bitewe no kubura abazikodesha.
Uretse imihanda n’inzu zihuriramo abantu benshi, Minisitiri Gatabazi yasuye ikimoteri cya Nduba mu rwego rwo kureba uko imyanda ibungwabunga hagamijwe kurengera ibidukikije. Yanasuye n’umudugudu w’icyitegererezo wa Busanza mu Karere ka Kicukiro abatujwe muri uyu mudugudu, bishimira ubwiza bwawo ariko bagasaba ko bakwegerezwa ibikorwa remezo by’ingenzi.
Minisitiri Gatabazi yashimye uburyo ibikorwa remezo bitanga akazi ku rubyiruko mu Mujyi wa Kigali, avuga ko ibibazo yagaragarijwe na byo bikemuka mu maguru mashya ibindi bigakorerwa ubuvugizi.
Mu rwego rwo kurushaho kugira uruhare mu bibakorerwa, abaturage na bo basabwa gufata neza ibikorwa remezo bahabwa birimo inzu zo guturamo n’ibindi.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu kandi yibukije abayobozi gukomeza gushimangira ihame rya guverinoma rigamije gushyira umuturage ku isonga.
MBABAZI Dorothy
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru