AGEZWEHO

  • Amerika yakebuwe ku kwinangira gukoresha imvugo nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...
  • RIB yafunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...

Banki y’Isi yijeje u Rwanda ubufatanye mu gukumira Ebola

Yanditswe Aug, 07 2019 21:06 PM | 7,041 Views



Umuyobozi Wungirije wa Banki y'isi Ushinzwe Afurika arizeza ubufatanye na Leta y'u Rwanda mu gukumira icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri Rebubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.  Uwo muyobozi yanavuze ko Banki y'Isi izakomeza gufatanya n'u Rwanda kurwanya imirire mibi mu bana.

Ubwo yakirwaga na Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente, Umuyobozi wungirije wa Banki y'isi ushinzwe Afurika Dr Hafez Ghanem wari mu ruzinduko rw'akazi mu Rwanda, yavuze ko Banki y'Isi izakomeza ubufatanye n'u Rwanda mu bikorwa byo gukumira icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, kandi ngo hazanavugururwa gahunda yo kurwanya imirire mibi mu bana.

Yagize ati ''Imirimo Minisiteri y'Ubuzima ikora mu Rwanda kuri ubu mu rwego rwo kwirinda ko Ebola yakwambukiranya imipaka, turayishyigikiye. Ariko na none dukorana n'inzego z'ubuyobozi za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kugira ngo bitegure, birinde ko Ebora yabageraho mu ngo zabo. Na ho ku bijyanye no  kurinda imirire mibi mu bana, ubu turimo kuvugurura gahunda yo kurwanya imirire mibi mu bana, kandi turenda kuyitangiza.''

Minisitiri w'Ubuzima, Dr Diane Gashumba yavuze ko hari ingamba zafashwe mu gukumira icyorezo cya Ebola kugira ngo ibikorerwa mu bihugu byombi bidahungabanywa n'icyo cyorezo.

Ati ''Bigendanye n'ibiganiro tumaze iminsi tugirana n'abayobozi ba DRC, twaganiriye ku buryo bagiye kudufasha kugira ngo ingamba twafashe zo kugira ngo icyorezo gihagarare ariko tunagikumire kwinjira iwacu, cyane cyane dukora ku mupaka wacu kugira ngo ubucuruzi buhakorerwa bukoranwe isuku, ababukora batambukana indwara cyangwa ngo bayandurire aho ngaho.''

Banki y'Isi itangaza ko yamaze gutanga miliyoni 300 z'amadolari y'Amerika muri RDC mu kurwanya icyorezo cya Ebola.

Mu bijyanye na gahunda yo kurwanya imirire mibi mu bana, mu Rwanda hamaze umwaka hatangijwe iyo gahunda aho Banki y'Isi itangaza ko yatanze inkunga ya miliyoni 70 z'amadolari y'Amerika.

John BICAMUMPAKA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #