AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Barishimira ahantu hihariye hashyiriweho gucoca amakimbirane yo mu ngo

Yanditswe Jan, 14 2020 10:30 AM | 686 Views



Imiryango yifashishije ahantu hihariye hashyirweho gucoca amakimirane yo mu ngo yishimira ko izi nzu zifatwa nk’ahantu h’umutuzo abagore n’abagabo bahurira bakaganira ku bitagenda neza mu ngo zabo, zababereye imbarutso yo kuva mu makimbirane.

Mediatrice mukandoli we n’umugabo we batuye mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Ngeruka akagari ka Gihembe.

Ni umuryango wakunze kurangwa n’umwiryane wanatumaga uru rugo rurangwamo ihohoterwa rishingiye kugitsina nkuko bombi babigarukaho

Nubwo imiryango yabo yabayeho ubuzima bwo kutumvikana ariko ubu bose ibyishimo ni byose kuko bavuga ko baje kwigobotora iyi ngoyi ubwo baganaga inzu zikora nk’urubuga rw’abagabo n’abagore aho imiryango ihurira igacoca amakimbirane ifitanye ibifashijwemo n’abafashamyumvire.

Ngayaboshya Silas Umukozi mu muryango utari uwa Leta RWAMREC avuga ko izi “safe spaces” zatanze umusaruro mu kugabanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko abagabo ari bo bagira uruhare rukomeye mugushaka umuti w’iki kibazo

Mary Barikungeri, Umuyobozi w’umuryango Rwanda Women Network avuga ko leta yagakwiye kongerera ubushobozi izi safe spaces zikanongerwa kuburyo buri muturage aho azishakiye yazibona ibintu ahamya ko byatanga umusaruro ufatika.

Mu Rwanda mu 2015-2016, ubushinjacyaha bwashyikirije inkiko dosiye 1207 z’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, na ho mu 2016-2017 zigera kuri 1285 mu mwaka wakurikiyeho wa 2017-2018 izi dosiye zageze 1816 na ho guhera muri Nyakanga 2018-Werurwe 2019 ubushinjacyaha bwari bumaze kwakira dosiye 2558, muri zo 1642 zari zarashyikirijwe inkiko.


Danton GASIGWA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize