AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Barishimira ko ibikorwaremezo byangijwe n’ibiza muri Gicurasi biri gusanwa

Yanditswe Sep, 18 2020 08:59 AM | 107,096 Views



Abatuye uturere twa Musanze Nyabihu, Ngororero, Gakenke na Muhanga n’abandi bakoresha imihanda n’ibiraro byangijwe n’ibiza byo muri Gicurasi barishimira ko ibi bikorwaremezo byatangiye gukorwa ariko bagasaba ko byihutishwa kuko bakigorwa n’ubuhahirane.

Muri Gicurasi 2020, Nyabihu na Ngororero byaje ku isonga mu duce twazahajwe n’ibiza. Abantu babuze ubuzima, imyaka iragenda, inzu zirasenyuka bigeze ku mihanda n’ibiraro, ibiza bibyigirizaho nkana. Muri iyi corridor ya Vunga ihuza uturere twa Nyabihu, Gakenke, Ngororero na Muhanga, icyo gihe imingenderanire yari yadogereye dore ko ibiraro bya Nyamutera, Giciye na Kiruruma bitari bigikoreshwa.

Aka gace kibasiwe bikageza naho Perezida wa Repubulika Paul Kagame agasura agasaba ko byihuse  gakurwa mu bwigunge, magingo aya byinshi birigukorwa;  ikiraro cya Kiruruma cyararangiye, Nyamutera imirimo irarimbanije naho Giciye inyigo irakomeje; ibyishimirwa n’abaturage bavuga ko ibyo babona ari umusaruro w’ubuyobozi bwiza bw’Igihugu bubazirikana.

Ku migezi ya Rubagabaga na  Satinskyi, mu misozi miremire hagati y’intara  y’Amajyaruguru, Amajyepfo n’Uburengerazuba, ibiraro bya Rubagabaga na Satinskyi, byashegeshwe n’uruhererekane rw’ibiza byabyibasiye mu bihe bitandukanye. Byagiye bikoma mu nkokora ubuhahirane bw’aka gace  k’uburyo na magingo aya bakigorwa kabone nubwo bazi neza ko birimo gukorwa.

RTDA, Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi kivuga ko Guverinoma y’u Rwanda yahaye umwihariko ibikorwaremezo bitandukanye byangijwe n’ibiza hirya no hino mu turere; ngo n’ikimenyimenyi gusana no kubaka ibyangijwe bigeze kure

Itunganywa rirambye ry’imihanda yo muri utu turere tw’imisozi miremire ryitezwe mubihe bizaza igihe izaba yashyizwemo kaburimbo. Ikorwa rinoze ry’ibiraro bya Rubagabaga na Satinsyi birategurira ikorwa n’ishyirwamo kaburimbo  ry’umuhanda Ngororero-Nyakinama-Musanze; umuhanda ushobora kuzakorwa igihe cyose ingengo y’imari yaba ibonekeye.

UWIMANA Emmanuel



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura