Yanditswe Jul, 23 2019 12:07 PM | 8,999 Views
Kuri uyu wa Kabiri Ishyaka ry’Abakozi (Conservative Party) ryatangaje ko
Boris Johnson ari we ugiye kuriyobora, umwanya asimbuyeho
Theresa May wavuze ko azegura mu minsi ishize.
Mu matora Boris yatsinze yatsinze uwo bari bahanganye Jeremy Hunt, bivuze ko ari we ugomba guhita aba Minisitiri w’Intebe, imirimo azatangira kuri uyu wa Gatatu.
Theresa May yeguye nyuma ya ho ananiriwe kuvana u Bwongereza mu Muryango w'Ubumwe bw’i Burayi (Brexit).
Abongereza bagaragaje icyifuzo cyo kuva muri uyu muryango mu mwaka wa 2016, icyo gihe byanaviriyemo uwari Minisitiri w’Intebe David Cameron kwegura.
Theresa May wafatwaga nk’ushobora gukora ibishoboka byose kugira ngo ibyifuzo by’abaturage byubahirizwe, inshuro zoze yasobanuriye abadepite uburyo bwo kuva muri EU bagiye babutera utwatsi, biza kuva intandaro yo kwegura.
Boris Johnson ufashe uyu mwanya, yakoze imirimo itandukanye ya politiki mu Bwongereza, harimo iyo kuba umudepite, Meya wa London ndetse no kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.
Yakunze kugaragaza ko kuba mu Muryango wa EU bidasobanuye kuvana u Bwongereza ku Mugabane w’u Burayi.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru