Yanditswe Feb, 04 2021 09:42 AM | 9,240 Views
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi RTDA kirizeza bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi bari batarishyurwa amafaranga yabo na Rwiyemezamirimo Seburikoko ko bazayishyurwa bitarenze uku kwezi kwa 2,mu gihe bari basezeranyijwe ko bitagombaga kurenza impera z’umwaka ushize.
Aba baturage bakoreye rwiyemezamirimo Seburikoko baracyishyuza amafaranga bavuga ko amaze imyaka ikabakaba 10, bakavuga ko bagiye bizezwa kenshi kuyishyurwa nyuma y’igihe runaka ariko bagaheba, ndetse hari n’isezerano bafite ry’uko bagombaga kuyahabwa bitarenze impera z’umwaka ushize wa 2020
Ni ikibazo ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi RTDA kivuga ko cyakabaye cyararangiye ariko kigakomwa mu nkokora n’ingaruka za covid 19.
Kuri iyi nshuro ariko iki kigo cyijeje aba baturage ko noneho bitari burenge muri uku kwa kabiri. Nkuko byahamijwe na Patrick Emile Baganizi ni Umuyobozi mukuru wungirije wa RTDA.
Abatarishyurwa ni abaturage 53 barimo abakoze umuhanda uva muri cite ya Bugarama werekeza aho Rwiyemezamirimo Seburikoko yari yatangiye ibikorwa byo kubaka urugomero rwa Rusizi ya 3. Hari n’abamuhaga ibikoresho.
Aba bose ngo bagiye bishyurwa ibicebice, bamwe ashiramo,abandi baracyayirukaho na n’ubu.
Barishyuza miliyoni zisaga 300 z’amafaranga y’u Rwanda.
Gusa na none ikibazo kirasa n’ikikigoranye kuko hari abo iki kigo kivuga ko bagomba kwiyambaza inkiko kugira ngo bishyurwe cyane cyane abo abereyemo menshi,n’ubwo bamwe muri bo bavuga ko kujya mu nkiko bibagoye cyane bakaba basaba ubuyobozi kuba ari bwo bubibafashamo.
Théogène TWIBANIRE
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru