AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Bugarama: Umusaruro w’inyanya wariyongereye

Yanditswe Sep, 20 2022 14:20 PM | 76,090 Views



Bamwe mu bahinzi bo mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi barishimira ko umusaruro w’inyanya wiyongereye.

Umwaka ushize abahinzi bahuye n'uburwayi bw'inyanya bituma batabona umusaruro uko bikwiye ndetse inyanya zirahenda cyane ku isoko kuko zari nke.

Nyuma ngo bakomeje kurwanya uburwayi batera imiti itandukanye hamwe n'inama z'abashinzwe ubuhinzi bugenda bugabanuka.

Kuri ubu abahinzi baravuga ko bishimira umusaruro babonye, aho ubu no ku isoko zikaba ziboneka kubwinshi.

Mu gihe zaburaga ku isoko agatebo kaguraga amafaranga ari hagati ya Frw 5000 na 6000 mu gihe ubu kari hagati ya Frw 2000 na Frw 3000.

Umukozi ushinzwe ubuhinzi mu Murenge wa Bugarama Baachebaseme Jean Claude avuga ko uretse kurwanya uburwayi ngo kuri igihembwe cy’ihinga kirangiye bongereye n'ubuso kugira ngo inyanya ziboneke.

Mu Murenge wa Bugarama honyine hahinze inyanya ku buso bwa ha 50 zongerewe zivuye kuri 35.

Muri iki kibaya cya Bugarama hahingwa imboga zinyuranye zirimo n’inyanya cyane cyane mu mpeshyi aho usanga ibice byose by’aka karere ndeste n’ahandi mu gihugu aba ari ho bahanze amaso.

Inkuru irambuye


Jeannine NDAYIZEYE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira