AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Burera: Abahinzi barakangurirwa kuhira imyaka yabo bahangana n'impeshyi

Yanditswe Jul, 20 2016 11:30 AM | 3,324 Views



Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi Tony Nsanganira aratangaza ko gahunda yo kuhira mu gihe cy’impeshyi igomba gukoreshwa mu gihugu cyose mu rwego rwo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe. Ibi yabitangarije mu karere ka Burera, nyuma yo gutangiza gahunda yo kuhira imyaka mu gishanga cya Ndongozi mu murenge wa Nemba n’icya Kamiranzovu mu murenge wa Butaro.

Nk’uko bitangazwa n’Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI Tony Nsanganira wayitangirije mu karere ka Burera ngo gahunda yo kuhira hakoreshejwe amazi y’imvura aba yarabitswe neza ndetse n’ay’imigezi no mu bishanga ubu ikorerwa kuri Ha 4.000 mu duce twiganjemo utwo mu ntara y’iburasirazuba.

Ubu itangijwe no mu ntara y’Amajyaruguru kuko izakorerwa mu bishanga byinshi kandi ikazakomereza no mu zindi ntara.

Ku kibazo cy’amikoro make y’abahinzi batorohewe no kubona izo mashini zuhira ngo MINAGRI izakomeza kubunganira uko haboneka amikoro n’ubushobozi.

Abaturage bibumbiye muri koperative Terimbere muhinzi-Butaro bafashijwe kubona imashini 5 zuhira baravuga ko iyi gahunda ije ari igisubizo kuko imyaka yabo bahingaga muri iki gihe yarumbaga. 

Inkuru irambuye mu mashusho:




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira