AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

COVID19: Perezida Kagame yagaragaje inyungu iri mu bufatanye bwa Afurika, Karayibe na Pasifika

Yanditswe Jun, 04 2020 07:22 AM | 13,480 Views



Perezida wa Republika Paul Kagame yitabiriye inama ya 1 idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bya Afrika Karayibe na Pasifika yateranye kuri uyu wa 3 hifashishijwe ikoranabuhanga kugira ngo yige ku kibazo cy’icyorezo cya Covid-19. 

Mu ijambo yagejeje ku bayitabiriye Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rushyigikiye byimazeyo OMS n’ubuyobozi bwayo, mu rugamba rwo guhashya icyorezo cya Covid-19.

Ati "Icyorezo cya coronavirus cyakajije ubukana mu guhitana ubuzima ndetse no guteza igihombo mu bikorwa by’ubukungu. Biracyari ingorabahizi kuvuga igihe ibyahagaze bidakora ndetse n’ibizazane cyateje bizashirira. Kandi ubushobozi bwo guhanga na cyo ku bihugu byinshi bigize umuryango wacu bukeneye kongerwa. Ku bw’ibyo rero, ni ngombwa ko ibihugu bigize Afurika Karayibe na Pasifika birangwa n’ubufatanye buhamye, mu ngamba zo kurangiza iki cyorezo, no gukaza ubudatsimburwa mu rwego rw’ubukungu. By’umwihariko hazakenerwa guhuza ibikorwa kugira ngo habeho ko ubuvuzi, inkingo n’ibikoresho nkenerwa kwa muganga biboneka mu buryo bungana."

Perezida Kagame yasabye ko ibihugu bya Sudan y’epfo na Zimbabwe byakurirwaho ibihano kugira ngo bibashe kurengera ubuzima bw’ababituye.

Asanga kandi iki cyorezo kidakwiriye gukoma mu nkokora mu kurangiza gutegura amasezerano y’ubufatanye hagati y’uburayi n’ibihugu bigize ACP. 

Perezida Paul Kagame ynagarutse ku ngaruka za Covid-19 avuga ko zishobora kuzatinda gushira.

Ati "U Burayi buzakomeza kuba umufatanyabikorwa w’ingenzi w’uturere twacu, nk’uko natwe turi abafatanyabikorwa b’ingenzi ku Burayi. Ingaruka za Covid-1 9 zizagumaho na nyuma yo guhashya iyi virusi bityo n’urugendo rwo kongera kwiyubaka ruzaba rurerure. Ubufatanye nibwiyongera ndetse no kuzuzanya bikwiye kuzaranga ingamba zo gushaka igisubizo ku rwego mpuzamahanga."

Iyi nama yayobowe na Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta, inatangirwamo ikiganiro cy’Umuyobozi Mukuru w’Ishami rya Loni ryita ku buzima, OMS, Dr Tedros Adhanom Gebreyesus, watangaje ko gufata ingamba z'ubwirinzi hakiri kare ko atari uguhendwa ko ahubwo igihugu kiba gishoye imari, mu kurinda abagituye.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira