AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Cathédrale Notre-Dame de Paris iherereye mu Bufaransa paris yahiye

Yanditswe Apr, 16 2019 10:17 AM | 6,266 Views



Nyuma y’aho Cathédrale Notre-Dame de Paris iherereye mu murwa mukuru w’u Bufaransa paris ifashwe n’inkongi ikaze ku mugoroba w’ejo mu masaha ya 6:30 Inkongi  yangije igisenge cyose ndetse n’ibindi bice bitandukanye by’iyi cathedrale , bamwe mu baherwe b’abafransa baratangaza inkunga batangiye gutanga  mu rwego rwo gusana no gusubiza  ishusho iyi Cathedrale yari isanganywe. 


Bamwe muri aba harimo Bernard Arnault umuherwe uzwi cyane muri iki gihugu cy’ubufransa watangaje ko atanze million 200 z’ama euro yo gusana iyi cathedrale ndetse na Francois Pinault nawe  watanze million 100 z’ama euro nayo azifashishwa mu gusana iyi cathedrale.

Amakuru agezweho aravugako abazimya inkongi y’umuriro babashije kuzimya inkongi yari yibasiye iyi  cathedrale. 


amateka avuga ko Iyi Kiliziya yatangiye kubakwa mu mwaka wa 1163, imirimo yo kuyubaka yarangiye itwaye imyaka 182.  Ikaba ari cathedrale imaze imyaka isaga 850

Iyi Cathédrale ifashwe n’inkongi mu gihe Kiliziya Gatolika ku isi yose yatangiye icyumweru gitagatifu kibanziriza umunsi mukuru wa Pasika.


Perezida Emmanuel Macron yavuze ko ari ibyago bikomeye cyane ku Bufaransa bwose, ndetse iyi nkongi ituma asubika ijambo yagombaga kuvugira kuri Televiziyo abwira abamaze igihe bigaragambya mu mihanda yo mu Bufaransa.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira