AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

CoK: Barigira hamwe uruhare rw’abashoramari mu iterambere

Yanditswe May, 30 2017 11:17 AM | 2,832 Views



Umujyi wa Kigali n'urugaga rw'abikorera bateguye ihuriro ku ishoramari mu mujyi wa Kigali, bise Kigali investors forum, rikaba ryitabiriwe kandi na ministeri y'imari n'igenamigambi.

Abayirimo bararebera hamwe uruhare rw'abashoramari mu iterambere ry'umujyi wa Kigali, uko bakwihutisha ishoramari muri uyu mujyi, ndetse baranasesengura imbogamizi zibangamiye ishoramari n'umuti zafatirwa.

Umuyobozi w'umujyi wa Kigali Pascal Nyamulinda watangije ibi biganiro yagarutse kuri amwe mu mahirwe y'ishoramari ari muri Kigali nko kubaka amacumbi aciriritse, gushyiraho uburyo bwo gucunga imyanda, gufasha abatuye umujyi kubona aho bakwidagadurira n'ibindi.

Yibukije ko Kigali yubatswe kubera ubufatanye bw'abikorera, aho yatanze urugero rw'agakiriro ka Gisozi, inyubako za Chic, isoko rya Nyarugenge n'ibindi bikorwa remezo bikiri bishya mu mujyi wa Kigali.

Ku ruhande rw'abikorera, urugaga rwabo rwagaragaje ko mu gihugu hose kuri ubu hari imishinga 86 y'ishoramari abantu bagenda bakora mu matsinda bikaba bifasha mu kwihuta mu iterambere.

Muri iri huriro hatangiwemo ibiganiro ku mbogamizi n'amahirwe bigaragara mu ishoramari rifatanyijwe n'abantu benshi, politiki y'ishoramari mu Rwanda n'uruhare rw'abikorera mu kuyishyira mu bikorwa, uko ikwirakwizwa ry'amashanyarazi n'amahirwe y'ishoramari muri uru rwego rw'ingufu bihagaze, ndetse n'uburyo ishoramari rikwiriye gukurikiranwa ngo risugire.




Habimana Eric

Ishoramali rimaze gutera imbere mu Rwanda May 31, 2017


Habimana Eric

Ishoramali rite May 31, 2017


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura