AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

College du Christ Roi yegukanye igihembo cy’amarushanwa yiswe Schools quiz Challenge

Yanditswe Mar, 11 2023 19:39 PM | 55,020 Views



Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye, basobanura ko gufata umwanya bakagira ibindi biga bitari mu nteganyanyigisho isanzwe, bibungura ubundi bumenyi bushobora kubunganira ku hazaza habo.

Ni mu gikorwa cyo kubaza ibibazo abanyeshuri bahagarariye abandi bo muri College de Christ Roi yo mu karere ka Nyanza ndetse n'abo muri Lycee notre dame des Citeaux ryo mu Mujyi wa Kigali.

Ibi bibazo bishingiye ahanini ku kureba ubumenyi rusange bafite bukungu bw'igihugu, politiki y'ifaranga ndetse n'inshingano za banki nkuru y'igihugu, BNR.

Buri tsinda rihabwa amanota bitewe n'uko ryashubije.

Mu gihe cy'iminota ikabakaba kuri 50 babazwa, College de Christ Roi niyo yaje imbere n'amanota 147 mu gihe Lycee notre dame des Citeaux yagize amanota 141.

Umuyobozi wa College de Christ Roi, padiri Hakizimana Jaques avuga ko gutsinda ibi bibazo bisaba ko abanyeshuri baba bize aya masomo nubwo adateganijwe mu nteganyanyigisho.

Ibi bigo nibyo byahize ibindi hirya no hino mu gihugu byose hamwe bigera kuri 38.

Aba banyeshuri basanzwe bahurira mu matsinda yiswe ay'ubukungu (Business clubs) ari nayo bunguraniramo ibitekerezo.

Abanyeshuri bitabiriye aya marushanwa bavuga ko guhabwa ubumenyi bwiyongera ku bwo bavana mu ishuri ngo bazi neza ko buzabafasha mu minsi iri imbere.

Guverineri wa Banki Nkuru y'Igihugu, John Rwangombwa avuga ko hari hasanzwe gahunda yo guha ubumenyi kubijyanye n'ubukungu ku banyeshuri bo muri za Kaminuza ndetse abenshi bagahabwa stage muri BNR.

Kuba abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye nabo bahabwa ubu bumenyi, ngo bitanga icyizere mu kugira abafite ubumenyi mu bukungu bahagije ari nayo mpamvu ibigo byinshi by'amashuri bikwiye kugira amatsinda y'ubukungu.

Itsinda ry'abanyeshuri 4 bo muri Christ Roi bahawe igikombe, mudasobwa kuri buri umwe na certificat, mu gihe itsinda ro muri notre dame de Cîteaux bo bahawe igikombe, na certifika.

Aya marushanwa akaba ategurwa buri mwaka kandi umubare w'ibigo biyitabira ukagenda wiyongera.

Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura