AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Depite Uwanyirigira yatorewe kuyobora ihuriro ry’imitwe ya Politike yemewe mu Rwanda

Yanditswe Sep, 29 2022 17:41 PM | 133,799 Views



Depite Uwanyirigira Gloriose yatorewe kuyobora ihuriro ry’imitwe ya Politike yemewe mu Rwanda mu gihe cy’amezi 6, asimbuye Senateri Umuhire Adrie. Ni amatora yabereye mu nama y’inteko rusange y’iri huriro yanemeje raporo y’igenzura ku mikoreshereze y’imari n’umutungo w’iri huriro mu mwaka wa 2021-2022.

Depite Uwanyirigira Gloriose wo mu ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza PSD,  nyuma yo gutorwa nk’umuvugizi w’iri huriro ry’imitwe ya politike yemewe mu Rwanda, yashimiye bagenzi be bamugiriye icyizere abasezeranya ubufatanye mu kurushaho guteza imbere ihuriro.

Ku mwanya w’umuvugizi wungirije, hatowe Nahimana Athanase wo mu ishayaka PS Imberakuri.

Muri iyi nteko rusange hakiriwe ubusabe bw’umuyobozi w’ishyaka riharanira Demukarasi no kurengera ibidukikije Depite Frank Habineza, wifuje gutanga ibisobanuro no gusaba imbabazi ku magambo yavuze mu ntangiriro z’ukwezi gushize atarakiriwe neza.

Abagize ihuriro bamaze kumva ibisobanuro byatanzwe na Frank Habineza, bamugiriye inama yo kuvuguruza amagambo yavuze abinyujije mu nzira yakoresheje ayatangaza.

Muri iyi nama y’inteko rusange y’imitwe ya politike yemewe mu Rwanda, abayigize bagejejweho ikiganiro n’umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’imari n’igenamigambi Tusabe Richard. 

Ni kiganiro cyibanze  kuri Politike n’ingamba z’igihugu zigamije gutoza abanyarwanda kwizigamira no kwiteza imbere binyuze mu kigega Ejo Heza.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize