Yanditswe Dec, 06 2021 20:07 PM | 87,157 Views
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana yijeje
abadepite ko miliyoni 250 z’amadolari yongewe mu kigega cyashyiriweho kuzamura
ubukungu, azasiga hari imishinga mishya ihanzwe izatuma intego y’izamuka ry’ubukungu ku
gipimo cya 10.2% igerwaho, kandi n’abacikanwe mu cyiciro cya mbere
bazagenerwa ubufasha.
Ubwo yagezaga ku nteko rusange y’umutwe w’abadepite uko
ubukungu bw’igihugu buhagaze muri iki gihe isi yose ihanganganye n’icyorezo cya Covid19, Dr Ndagijimana yagaragaje ko nubwo ubukungu
bw’igihugu bwagabanutse ku gipimo cya 3.4% munsi ya zero mu mwaka wa 2020, bitabujije ko mu gihembwe cya mbere umusaruro mbumbe w’igihugu wazamutse ku
gipimo cya 3.5% mu gihembwe cya mbere cya 2021, naho mu gihembwe cya 2
ukazamuka ku gipimo cya 20%.
Gushyiraho ikigega nzahurabukungu cya miliyari 100 z’amafaranga y’u Rwanda, biri mu byagize uruhare mu izahuka ry’ubukungu cyane ko 90% by’aya mafaranga yamaze gukoreshwa biciye mu nzego zagizweho ingaruka zikomeye na covid 19.
Yagize ati "Iki kigega cyafashije amahoteri 141 yahawe miliyari 50.5, ibikorwa byo gutwara abantu n’ibintu byahawe miliyari 7.5, ibigo bicirirtse n’ibinini byahawe miliyari 10.3, naho abacuruzi bato ibihumbi 3.977 basaranganywa miliyari 3.8."
Abadepite bagaragaje impungenge z’uko hari ibyiciro bitagezweho n’aya mafaranga kandi bayakeneye.
Kugeza ubu ki kigega nzahura bukungu cyamaze kubona izindi miliyoni 250 z’amadolari, ni ukuvuga asaga miliyari 250 z’amanyarwanda yavuye ku nguzanyo ministeri y’imari n’igenamigami ivuga ko ihendutse.
Miliyari 150 z’aya mafaranga azashorwa mu guhanga ibikorwa by’ubucuruzi bishya kugira ngo bigire uruhare mu guhanga imirimo no kungera ibikorwa bizamura ubukungu.
Imibare yamuritswe na ministiri w’imari n’igenamigambi kandi yerekana ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka ku gipimo 10.2% uyu mwaka wa 2021, 7.2% muri 2022, 7.9% muri 2023 na 7.5% muri 2024.
Ku rundi ruhande, ishyirwa mu bikorwa ry’ingengo y’imari y’umwaka wa
2021-2022 rigeze ku gipimo cya 99%, ibirambuye kuri iyi ngingo bizamurikwa mu
mushinga w’ingengo y’imari ivuguruye izatangazwa muri uku kwezi.
Jean Claude Mutuyeyezu
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru