AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Dr Ngirente yasabye inzego gufasha abiga imyuga kubona aho bimenyereza umwuga

Yanditswe Feb, 19 2023 18:53 PM | 64,061 Views



Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente yasuye ishuri rikuru ry'imyuga n'ubumenyingiro (IPRC Ngoma) maze asaba inzego zitandukanye gufasha abanyeshuri biga muri aya mashuri y'imyuga n'ubumenyingiro kubona aho bashobora kwimenyereza umwuga.

Amasomo y'ubwubatsi, ububaji, ubukanishi bw'ibinyabiziga, ibijyanye n'amashanyarazi,amahoteli n'ubukerarugendo ni amwe mu masomo atangirwa kuri iri shuri rikuru ry'imyuga n'ubumenyingiro rya IPRC Ngoma.

Ubwo Minisitiri w'intebe Dr Edouard Ngirente yasura ishuri rikuru ry'imyuga n'ubumenyingiro IPRC Ngoma, biciye mu mikoro ngiro abanyeshuri, bamugaragarije ko ubumenyi barimo gukura kuri iri shuri buzabafasha mu iterambere ryabo.

Minisitiri w'Intebe yasabye inzego zitandukanye gufasha abanyeshuri biga muri aya mashuri y'imyuga n'ubumenyingiro kubona ibigo na za minisiteri zikora ibifitanye isano n'ibyo abanyeshuri biga, kugira ngo barusheho gutyaza ubumenyi mu byo biga.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi Irere Claudette avuga ko hari imbaraga zigiye kongerwamo mu bijyanye no gufasha aba banyeshuri.

Abanyeshuri basaga 1600 ni bo biga muri IPRC Ngoma, umubare munini w'abanyeshuri bahiga ni abiga amasomo y'ubwubatsi.

KWIZERA John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize