AGEZWEHO

  • Minisitiri Musabyimana yijeje ubuvugizi mu ikorwa ry'umuhanda Bugarama-Bweyeye – Soma inkuru...
  • Rusizi: Abarokotse Jenoside bagaragaje ko nta Mututsi wari wemerewe guhinga umuceri mu Bugarama – Soma inkuru...

Dr. Ngirente yahagarariye Perezida Kagame mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro BPR Bank

Yanditswe May, 04 2022 12:29 PM | 123,204 Views



Muri iki gitondo muri Kigali Convention Center, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yahagarariye Perezida Kagame mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro BPR Bank Rwanda Plc, yashinzwe nyuma yo guhuza KCB Bank Rwanda na Banki y'Abaturage y'u Rwanda (BPR).

Igikorwa cyo gutangiza ku mugaragarro ikigo gishya cy’imari cya BPR Bank cyaturutse ku kwihuza hagati ya banki ya KCB na banki y’abaturage y’u Rwanda, ni nyuma yuko banki ya KCB iguze imigabane ya Atlas Mara yari ifite muri banki y’abaturage y’u Rwanda.

Dr Ngirente yasabye ko iyi banki nshya yaba umusemburo wo kongera umubare w'abagerwaho na serivisi z'imari, bagaragazwa mu cyegeranyo cya FINSCOPE ko kugeza muri 2020 bari ku jjanisha rya 93% by'abantu bakuze mu Rwanda, ariko hakirangwamo abenshi bari mu cyiciro cy'abagerwaho na serivisi z'imari zitanditse zitagenzurwa.

Muri Kanama 2021, KCB Group yabaye umunyamigabane mukuru wa banki y’abaturage y’u Rwanda nyuma yo kugura imigabane ya Atlas Mara ndetse no kongerera agaciro fatizo ku mugabane aho ku ishoramari rya miliyali zisaga 32 z'amafaranga y'u Rwanda, iyi banki ya KCB yahise icyo gihe igira 76.7% by'imigabane yose.

Dr. Patrick Njoroge, guverineri wa banki nkuru ya Kenya yavuze ko guhuza Banki y’abaturage y’u Rwanda na KCB Bank Rwanda bijyanye n'icyerekezo cyo kugira isoko rusange rya Afurika cyane cyane mu rwego rwa serivisi z'imari.

Guverineri wa Banki Nkuru y'u Rwanda, John Rwangombwa we yasabye iyi banki nshya kuyobora gahunda yo kunoza imitangire ya serivisi z'imari himakazwa imikoreshereze y'ikoranabuhanga ryashowemo imari ifatika n'izo banki zombi, ubu zibarizwamo abakozi 1300 n'umutungo w'agaciro ka miliyali 648 z'amafaranga y'u Rwanda bituma iba banki ya kabiri ku bunini mu Rwanda.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu