AGEZWEHO

  • Rusizi: Abarokotse Jenoside bagaragaje ko nta Mututsi wari wemerewe guhinga umuceri mu Bugarama – Soma inkuru...
  • Gen Mubarakh Muganga yagiriye uruzinduko muri Jordanie (Amafoto) – Soma inkuru...

Dr Ntezilyayo yasabye abakozi bo mu butabera kwirinda icyatuma rubanda rwinubira serivisi batanga

Yanditswe May, 13 2022 20:39 PM | 114,820 Views



Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr Faustin Ntezilyayo aravuga ko abakora mu butabera bakwiye kwirinda icyo ari cyo yose cyatuma rubanda rwinubira serivisi batanga, bakaba bakwiye gushyira imbaraga mu kurwanya ruswa.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, ubwo yasuraga Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga, mu ruzinduko rugamije kureba imikorere yarwo no kuganira ku cyatuma ubutabera buhatangirwa bunogera abaturage.

Urukiko rw’ikirenga rwibutsa abaturage ko nta kiguzi kigomba kwishyurwa mu nzego z’ubutabera mu gihe kitagenwa n’itegeko.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga avuga ko gukoresha abakozi b’amasezerano ari kimwe mu byakozwe, hagamijwe gushaka umuti w’ikibazo cy’abakozi badahagije bari mu rwego rw’ubutabera.

Kugeza tariki 11 Gicurasi uyu mwaka, Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwari rumaze kwakira imanza 2959 hakaba haraciwe 1896. 

Mu mbogamizi zigaragazwa harimo ubucye bw’abacamanza, ubwinshi bw’imanza ziregerwa mu rukiko n’ihuzanzira ridahagije rikadindiza imanza ziburashishwa mu buryo bw’ikoranabuhanga ridahagije.


Namahoro Alexis



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

AMAJYEPFO: Bahangayikishijwe n'indwara y'ubuganga yibasiye inka

Intara y'Amajyepfo ku isonga mu kurwanya igwingira mu bana