AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

EALA iriga umushinga w’itegeko ryemerera inganda zo muri EAC gukora imwe mu miti

Yanditswe Apr, 19 2022 18:45 PM | 54,741 Views



Abahanga mu by’imiti baravuga ko guteza imbere inganda zikora imiti mu bihugu by’akarere bizatuma ikiguzi cyayo kigabanuka.

Ibi barabitangaza mu gihe abagize komisyo ishinzwe igenamigambi no kubaka ubushobozi mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EALA ndetse n’abafatanyabikorwa mu buzima, barimo kwiga umushinga w’itegeko ryemerera inganda zo muri EAC gukora imwe mu miti

Bamwe mu baturage baba abafite ubwishingizi bw'ubuzima ndetse n'abatabufite, bavuga ko iyo bagiye kwa muganga bandikirwa imiti bagomba kwigurira bagahura n'imbogamizi z'uko ibiciro by'imwe mu miti bihanitse hakaba n'abo biviramo kutivuza kubera ubushobozi buke bagasaba ko ibiciro byakoroshywa.

Kuba ikiguzi cy’imiti gihanitse, Nsengeyukuri Jean d’Amascene umunyamabanga uhoraho mu rugaga rw’abahanga mu by’imiti, avuga ko kuba imiti ihenze ari uko itumizwa hanze ikagera mu Rwanda ihenze

Mu rwego rwo koroshya ikiguzi cy’imiti, i Kigali hateraniye inama y’iminsi ine ihuje komisiyo ishinzwe igenamigambi no kubaka ubushobozi mu Nteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’abafatanyabikorwa mu buzima, aho barimo kwiga umushinga w’itegeko ryemerera inganda zo muri EAC gukora imwe mu miti. 

Francine Rutazana umudepite muri EALA avuga ko igihe imwe mu miti izaba ikorerwa muri Afurika y’Iburasizuba, uretse kumanura ibiciro bizanateza imbere ubukungu bw’ibihugu binyamuryango.

“Ibihugu binyamuryango bigomba guhuza uburyo bwo gukora imiti yabasha kugera ku isoko yujuje ubuziranengeyujuje ibisabwa nk’uko tuyishaka, kandi ize ifite igiciro kigufi kugira ngo abaturage babashe kuyibona. Icya gatatu ni ukugira ngo tugire inganda zo mu karere zikora imiti. Kugira inganda bisobanura ko abaturage bacu babonye akazi, by'umvikane ko bifite uruhare ku bukungu n’ubuzima bw’abaturage ba EAC."

Uyu mushinga urasuzumwa ku rwego rwa buri gihugu nyuma hazakorwe raporo izashingirwaho hemezwa iri tegeko.

Mbabazi Dorothy



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama