AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

EU yageneye u Rwanda miliyari 20 Frw yo gushyigikira kugarura amahoro muri Cabo Delgado

Yanditswe Dec, 01 2022 18:08 PM | 224,601 Views



Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi wageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni 20 z'ama euro, ni ukuvuva arenga miliyari 20 z'amafaranga y'u Rwanda, mu rwego rwo gushyigikira ibikorwa byo kugarura amahoro n'umutekano mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. 

Inama nkuru y'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi yemeje ko iyi nkunga izatangwa binyuze mu kigega cy'uwo muryango gishinzwe gutera inkunga ibikorwa by'amahoro cyizwi nka European Peace Facility. 

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwererane Dr. Vincent  Biruta yavuze ko u Rwanda rwakiriye neza iyo nkunga. 

Yagaragaje ko izafasha inzego z'umutekano z'u Rwanda mu bikorwa byo kurwanya imitwe y'iterabwoba muri Cabo Delgado, u Rwanda rufatanyamo na Mozambique. 

Minisitiri Biruta avuga ko iyo nkunga izafasha ingabo na polisi muri Cabo Delgado kubona ibikoresho n'ibindi byangombwa kugira ngo amahoro n'umutekano bigaruke muri iyo ntara ndetse n'impunzi n'abakuwe mu byabo basubire iwabo mu ituze n'umutekano usesuye.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n'ibiro by'umuvugizi wa Guverinoma rivuga ko u Rwanda ruzakomeza kuba umufatanyabikorwa mu kurwanya iterabwoba ku mugabane wa Afurika kandi rukaba rwishimiye gufatanya n'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi muri ibyo bikorwa.

Iyi nkunga itangajwe nyuma y'umunsi umwe Perezida Paul Kagame avuze ko nta n'urumiya rw'inkunga u Rwanda rurahabwa n'uwo ari we wese mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba mu ntara ya Cabo Delgado.

Muri Nyakanga umwaka ushize wa 2021 nibwo u Rwanda rwatangiye kohereza Ingabo na polisi kurwanya ibyihebe mu ntara ya Cabo Delgado. 

Kugeza ubu ababarirwa mu 2 500 nibo bari muri ibyo bikorwa aho bafatanya na bagenzi babo bo mu nzego z'umutekano za Mozambique. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage