AGEZWEHO

  • Umurinzi w'Igihango Damas Gisimba warokoye benshi muri Jenoside yatabarutse – Soma inkuru...
  • Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC – Soma inkuru...

Etienne Ndayiragije yagizwe umutoza wa Kiyovu Sports asimbuye Karekezi Olivier

Yanditswe May, 05 2021 13:00 PM | 72,752 Views



Kuri uyu wa Gatatu ubuyobozi bwa ikipe ya Kiyovu Sports, bwerekanye umutoza mushya, Etienne Ndayiragije ukomoka mu Burundi.

Ndayiragije wanatoje ikipe y’Igihugu ya Tanzania, ayaje kuri uyu mwanya asimbuye Karekezi Olivier uherutse kwirukanwa.

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko uyu mutoza yahawe amasezerano y'imyaka ibiri.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Ndayiragije yavuze ko afitanye na Kiyovu imishinga miremire irimo gusubiza icyubahiro iyi kipe, no kwita ku ikipe y'abakiri bato ba Kiyovu Sports.

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwatandukanye na Karekezi Olivier, nyuma y’aho ngo aviriye mu mwiherero atamenyesheje inzego bireba.

Tariki 2 Gicurasi uyu mwaka nibwo komite nyobozi ya Kiyovu Sports yateranye ifata umwanzuro wo gusesa amasezerano yari ifitanye n’uyu mutoza.

Yari yagizwe Umutoza Mukuru wa Kiyovu Sports muri Gicurasi 2020, aho yari yashyize umukono ku masezerano y’imyaka ibiri mu ntangiriro z’Ukwakira.

Ubwo yatorwaga, Mvukiyehe Juvénal uyobora Kiyovu Sports, yabwiye abakunzi bayo ko yazanye Karekezi Olivier nk’umutoza kuko bafatanyije gukora umushinga w’uburyo iyi kipe yatwaramo igikombe cya Shampiyona.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan

Banki Nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigiki

Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'

Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo

Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu ko