AGEZWEHO

  • Nyabihu: Abarokotse Jenoside batewe impungenge n'ingengabitekerezo ya Jenoside ikihagaragara – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yihanganishije Abanya-Kenya ku rupfu rw’Umugaba Mukuru w'Ingabo – Soma inkuru...

FAO igiye gutangiza umushinga uzafasha abaturage bo mu turere 4 two mu Rwanda

Yanditswe Apr, 19 2017 17:18 PM | 2,124 Views



Umuryango mpuzamahanga wita ku biribwa(FAO) uratangaza ko ugiye gutangira umushinga ugamije guteza imbere ubuhinzi mu turere 4 duherereye mu ntara y'amajyaruguru n'uburengerazuba. Minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu iravuga ko uyu mushinga uje kunganira izindi gahunda leta ifite zigamije kuvana abaturage mu bukene.

Ni umushinga uzajya ufasha abaturage bo mu turere twa Rubavu, Nyabihu, Rulindo na Gakenke,kubona ifumbire, guhinga mu buryo bwa kijyambere ndetse bagahabwa n'amahugurwa y'uburyo bakwiye gucunga ibikorwa byabo mu buryo bwa kinyamwuga, ibi ngo bizafasha abaturage kudasubira inyuma.

Attaher Maiga uhagarariye FAO mu Rwanda avuga ko uyu mushinga uje kunganira gahunda za leta y'u Rwanda zari zisanzweho: Uyu mushinga ugamije kongera imbaraga izindi gahunda zari zisanzweho zigamije kuvana abaturage mu bukene hifashishijwe ubuhinzi hari hasanzweho ibikorwa bya VUP bityo umuturage akava mu bukene ariko nanone muri uyu mushinga twongeyemo ikindi kintu cyo kwigisha abaturage ibijye n'akamaro k'imirire myiza.”

Ni umushinga abayobozi mu nzego z'ibanze bavuga ko uje ari igisubizo ku baturage kuko bazava mu bukene mu buryo bwihuse. Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu Uwamariya Odette avuga ko n’ubwo ubukene mu baturage bugenda bugabanuka ku rugero rushimishije bitewe na gahunda zigenda zishyirwa zigamije kubazamura ngo haracyari urugendo kuko 39% by'abaturage bakiri munsi y'umurongo w'ubukene, 16% bo bakaba bari mu bukene bukabije ni mu gihe hari intego y'uko muri 2020 nta munyarwanda uzaba akiri mu bukene bukabije.

Yagize ati: Ni ukuvuga ngo niba dufite abagenerwabikorwa bari muri category y'ubudehe bakigaragra ko bakeneye kunganirwa na leta iyo tubahurijeho imbaraga birushaho kugira imbaraga zihutisha kwa kuva munsi y'umurongo w'ubukene.

Biteganyijwe ko uyu mushinga uzamara amezi 18 ukazatwara miriyoni 286 zamafaranga y'u Rwanda.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira