AGEZWEHO

  • Umurinzi w'Igihango Damas Gisimba warokoye benshi muri Jenoside yatabarutse – Soma inkuru...
  • Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC – Soma inkuru...

FERWAFA yareze ikipe y'ubugande gukinisha umuzamu utemewe

Yanditswe Apr, 28 2016 10:23 AM | 5,422 Views



Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryareze Ikipe ya Uganda y'abatarengeje imyaka 20 kuba yarakinishije James Aheebwa, umuzamu usanzwe akinira Vipers Sports Club mu mikino yombi yaba i Kigali ubwo amakipe yombi yanganyaga igitego 1-1 ndetse n’i Kampala aho Amavubi yatsinzwe ibitego 2-1.

Uyu mukinnyi wakinnye imikino ya CAF Champions League muri Vipers Sports Club akoresha ibyangombwa bigaragaza ko yavutse tariki 27 Werurwe 1997, nyamara ahura n’Amavubi mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 yakoreshaga ibyangombwa by’uko yavutse tariki 19 Gicurasi 1998.

Mu mategeko ya CAF agenga imikino y’abatarengeje imyaka 20, ateganya ko umukinnyi atemerewe gukina muri aya marushanwa mu gihe amatariki ye y'amavuko ku byangombwa bye anyuranye.

FERWAFA ariko igomba kwishyura amadorali ya Amerika 2000 kugira ngo ikirego yashyikirije akanama ka CAF cyakirwe.

Igihe byaba byemejwe ko Uganda ihanwa, u Rwanda rwahita rubona itike yo kuzahura na Misiri mu guhatanira kujya muri Zambia mu 2017.



Yoram

Manirarora May 02, 2016


Manirarora Yoramu

Niba koko barakinishije umukinnyi utemewe bakwiye guhanwa doko nan'umupira baturusha May 02, 2016


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan

Banki Nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigiki

Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'

Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo

Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu ko