AGEZWEHO

  • Nyiramunukanabi yabaye imari i Bugesera – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yakiriye abayobozi ba AU bari mu mwiherero i Kigali – Soma inkuru...

Gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda irakomeje-Minisitiri Braverman

Yanditswe Mar, 18 2023 19:54 PM | 58,149 Views



Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza, Suella Braverman uri mu ruzinduko rw’akazi rwíminsi 2 mu Rwanda, aratangaza ko gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda ikomeje.

Ibi yabitangarije i Kigali nyuma yo gusura imishinga itandukanye irimo n’ubwubatsi bw’amacumbi ya kijyambere.

Iyi gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda ni  kimwe mu ngingo zikomeye z’uruzinduko rwa minisitiri w’umutekano mu Bwongereza mu Rwanda.

Ibi bikaba birimo gukorwa mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’abimukira bakomeje kujya mu Bwongereza  mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse na rimwe abenshi bagatakaza ubuzima muri izi nzira.

Iyi gahunda yo kubohereza mu Rwanda isanzwe ihuriweho n’ibihugu by’u Rwanda n’u Bwongereza ariko mu minsi ishize  yagiye itambamirwa n’inkiko.

Gusa nubwo bimeze bityo hari icyizere ko aba bimukira bazazanwa mu Rwanda.

Mu kwezi kwa Kane umwaka ushize nibwo u Rwanda rwasinyanye amasezerano  n’u Bwongereza yo kohereza abimukira mu Rwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta avuga ko u Rwanda rwishimira kuba mu bihugu byiteguye gutanga igisubizo kuri iki kibazo cyabimukira muri rusange.

Aba bimukira nibagera mu Rwanda  ntibazahabwa umudugudu wihariye ahubwo bazaturana n’abanyarwanda ndetse banafashwe guhanga imirimo mu rwego rwo kwiteza imbere.

U Bwongereza bushimangira ko u Rwanda rwubatse ubushobozi bw’imiyoborere myiza ndetse n’ibikorwaremezo byakwakira aba bimukira.


CYUBAHIRO BONAVENTURE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD