Yanditswe Sep, 06 2019 17:02 PM | 10,398 Views
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo
rwaburanishirije mu ruhame urubanza ruregwamo umugabo n’umugore bafatanywe udupfunyika
tw’urumogi tubarirwa mu bihumbi 24.
Urubanza rwaburanishirijwe i Gasanze mu Murenge wa Nduba. Umugabo waburanishijwe afite abagore 2 ariko ubucuruzi bw’urumogi yabukoranaga n’umuto. We yemera icyaha kuko n’ubundi yigeze kugifungirwa ahabwa imbabazi na Perezida wa Republika. Umugore we avuga ko arengana agasaba urukiko kumurenganura.
Abandi baburanishwa hamwe ni abasore 2 bakekwaho ubufatanyacyaha bo bakora umwuga w’ubumotari, bakurikiranweho kuba baranekeraga aho abapolisi bari kugira ngo badafata abacuruzaga uru rumogi, ibyo umwe akabihemberwa hagati y’ibihumbi 30 na 40.
Na ho abandi babiri bo ni abakiliya be baruguraga bisanzwe.
Ku itariki ya 31 Nyakanga 2019, ni bwo uyu mugabo w’imyaka 36 yatawe muri yombi nyuma y’uko polisi isanze udupfunyika tw’urumogi mu modoka ye no mu gikoni cy’inzu akodesha iherereye mu murenge wa Nduba.
Umunyabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nduba, Musasangohe Providence we avuga kuburanishiriza ibyaha nk'ibi mu ruhame biri bubafashe mu bukangurambaga cyane cyane mu rubyiruko.
Yagize ati ''Igihugu cyacu kiri mu rugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge, iki rero ni kimwe mu bikorwa bishobora kuba byatanga ubutumwa mu gushishikariza abaturage kureka icuruzwa ry'ibiyobyabwenge no kubinywa kuba rero baje mukaba munareba ko twahamagaye abaturage mu rubanza ni ukugira ngo ubutumwa bugere kuri benshi no kugira ngo bumve ibihano bihabwa uwacuruje cyangwa se uwabinyweye bityo bafate ingamba zikomeye.''
Bamwe mu rubyiruko rwaje mu rubanza rwo muri aka kagari bahavuye bafashe ingamba zo kuzajya batanga amakuru hagize icyo babona ku biyobyabwenge byose.
Hakizimana Emmanuel yagize ati ''Ingamba mfatiye aha ngaha n'undi wese ni uko nafata uwo nabona wese ari muri ibyo bikorwa , ni yo naba nta bushobozi mfite ariko natanga n'amakuru.''
Ubushinjacyaha bwasabiye aba bakurikiranyweho iki cyaha ko bose bakatirwa igifungo cya burundu n'izahabu y'amafaranga miliyoni 30 kuri buri wese no gufatira imodoka yakoreshwaga mu kuzana uru rumogi.Urubanza rukaba ruzasomwa ku itariki 13 Nzeri 2019 mu Murenge wa Nduba.
Inkuru mu mashusho
Mugisha Pamella
Abaganga ba Kanseri mu Rwanda bariyongereye
4 hours
Soma inkuru
Mu bimukira 2242 bageze mu Rwanda bavuye muri Libya, 1621 bimuriwe ahandi
Mar 28, 2024
Soma inkuru
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Leta yatangiye kubarura inyubako zayo zidakorerwamo kugira ngo zibyazwe umusaruro
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Asaga miliyari 417 Frw yashyizwe muri gahunda zo gufasha abarokotse Jenoside mu myaka 30
Mar 27, 2024
Soma inkuru