Yanditswe Aug, 30 2019 12:57 PM | 14,321 Views
Abaturage bo mu Kagari ka Ndatemwa mu Murenge
wa Kiziguro Mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko bahangayikishijwe n’uburwayi
butazwi bukomeje kwibasira amatungo yabo yiganjemo ihene. Aba baturage
barashinja abaveterineri kuba nyirabayazana w’uburwayi bw’aya matungo, kuko
buzifata nyuma yo kuzikingira, ari na ho bahera basaba ko bashumbushwa.
Ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi muri aka karere rivuga ko rigiye gushaka umuti w’iki kibazo ku bufanye n’izindi nzego.
Muri uyu Murenge wa Kiziguro habarurwa ihene
zigera ku 1479. Mu byumweru bitatu bishize zatangiye gukingirwa zimwe mu ndwara
zikunze kwibasira amatungo magufi zirimo n’iyitwa muryamo. Gusa ariko nyuma
y'uko zihawe uru rukingo, bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Ndatemwa bo bavuga
ko rwagize ingaruka ku matungo yabo yiganjemo ihene.
Kugezu ubu muri aka Kagari ka Ndatemwa habarurwa ihene zigera kuri 49 zafashwe n’ubu burwayi, mu gihe izigera ku icumi zo zimaze guhitanwa na bwo nk’uko imibare y’ishami rishinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu Karere ka Gatsibo ibigaragaza.
Gusa, abaturage bo bemeza ko izapfuye ziri hejuru
y’icumi. Bene aya matungo bifuza ko ubuyobozi bwabashumbusha.
Ubu burwayi butaramenyekana kugeza ubu buzahaza cyane ihene zihaka, kuko mu gihe zifashwe zidashobora kurisha.
Umuyobozi w’ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi mu Karere ka Gatsibo, Dr Nsigayehe Ernest nawe yemera ko gupfa kw’aya matungo byatewe n’urukingo zahawe, ariko ngo bagiye gufatanya n’izindi nzego kugira ngo barebe icyakorwa.
Kuri ubu hatangiye ibikorwa byo kuvura ihene zafashwe n’ubu burwayi ariko zikaba zitarahitanwa nabwo, Dr Nsigayehe Ernest akavuga ko zo zishobora gukira. Mu Karere ka Gatsibo hamaze gukingirwa ihene zigera ku bihumbi 29 806, mu gihe mu Kagari ka Ndatemwa hakingiwe izigera kuri 900.
VALENS NIYONKURU
Mu bimukira 2242 bageze mu Rwanda bavuye muri Libya, 1621 bimuriwe ahandi
18 minutes
Soma inkuru
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Leta yatangiye kubarura inyubako zayo zidakorerwamo kugira ngo zibyazwe umusaruro
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Asaga miliyari 417 Frw yashyizwe muri gahunda zo gufasha abarokotse Jenoside mu myaka 30
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Haba hari umuti urambye wa gatanya zishingiye ku mitungo?
Mar 27, 2024
Soma inkuru