AGEZWEHO

  • Rusizi: Abarokotse Jenoside bagaragaje ko nta Mututsi wari wemerewe guhinga umuceri mu Bugarama – Soma inkuru...
  • Gen Mubarakh Muganga yagiriye uruzinduko muri Jordanie (Amafoto) – Soma inkuru...

Gen. James Kabarebe yagiranye ibiganiro n'abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya Saint Ignace

Yanditswe Jan, 25 2023 18:53 PM | 8,330 Views



Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by'umutekano General James Kabarebe yagiranye ibiganiro n'urubyiruko rw'abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya Saint Ignace riherereye Kibagabaga mu karere ka Gasabo.

Ni ibiganiro byibanze ku butwari bwaranze ingabo zahoze ari iza RPA ku rugamba rwo kubohora igihugu.

General James Kabarebe aganira n'aba banyeshuri yagarutse ku bwitange bwaranze ingabo zari iza RPA kugirango uyu munsi u Rwanda rube ari igihugu giha amahirwe buri wese.

Muri ibi biganiro General James Kabarebe yavuze ko urubyiruko rufite amahirwe kuko rufite igihugu kirutekerezaho uko bwije n'uko bukeye.

Yibukije uru rubyiruko kandi ko benshi mu banyarwanda bakuze ari impunzi bitewe n'amateka u Rwanda rwanyuzemo.

Ibi ariko ngo ntibyatumye abanyarwanda mu bihugu bitandukanye bari barahungiyemo badashyira hamwe ari nabyo byaje kuvamo amahirwe kuri ubu urubyiruko rw'u Rwanda rufite ariyo gihugu.

Generali James Kabarebe yavuze ko kandi urubyiruko rukwiye kumenya nyabyo agaciro k' igihugu mu rwego  rwo gukomeza kukirinda.


Mbabazi Dorothy 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu