Yanditswe Dec, 29 2017 17:41 PM | 7,413 Views
Abasirikare bato bashya binjijwe mu ngabo z’u Rwanda (RDF) nyuma yo gusoza amasomo yabo y’ibanze ajyanye n’umwuga wo kurinda umutekano w’igihugu. Ni umuhango wabereye I Nasho mu karere ka Kirehe uyobowe n’umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda Gen Patrick Nyamvumba.
Umugaba
mukuru w’ingabo z’u Rwanda Gen. Patrick Nyamvumba yabwiye aba basore n’inkumi
basoje amasomo y’ibanze ya gisirikare abinjiza mu ngabo z’u Rwanda kugira imyifatire myiza bagafatanya na bakuru
babo basanze mu rugamba rwo kurinda no guteza imbere igihugu.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Patrick Nyamvumba wanavuze mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame, Perezida wa Repubulika yabasabye kuzakora neza inshingano zabo ndetse no kurangwa n’imyifatire myiza no gukunda umurimo.
Umuvugizi
w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango avuga ko abasirikare bashya
binjiye muri RDF ari amaraso mashya mu rugendo rwo gukora igisirikare cy’umwuga
gishobora kurangiza inshingano zacyo zo kurinda ubusugire bw’igihugu.
Aba basirikare bashya basoje amasomo yabo bari baratangiye mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru