Yanditswe Aug, 15 2019 11:34 AM | 7,600 Views
Kuri uyu wa Gatatu, mu Kigo cy'Imyitozo ya Gisirikare kiri i Gabiro mu Karere ka Gatsibo hatangiye
imyitozo yiswe "Exercise shared Accord" ihurije hamwe abasirikare 1200 bo mu
bihugu 26 byo muri Afurika, u Burayi na Amerika.
Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba watangije iyo myitozo ku mugaragaro, yagaragaje ko u Rwanda rutazahwema gutanga umusanzu warwo mu bikorwa byo kurinda abasivile bari mu kaga .
Ni imyitozo yateguwe
n'Ingabo z'u Rwanda, zifatanyije n'igisirikare cya Leta zunze Ubumwe za Amerika, Umuryango
w'Abibumbye, Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi n'indi
miryango mpuzamahanga.
Iyi myitozo itangwa hagendewe ku nteganyangigisho y'Umuryango w'Abibumbye, igamije kongerera ubushobozi mu mikorere n'imikoranire hagati y'ingabo, abapolisi n'abasivili mu butumwa bw'amahoro.
Ibereye mu Rwanda ku nshuro ya 2, nyuma y'iyabereye mu ishuri rya gisirikare i Gako mu Karere ka Bugesera mu kwezi kwa 8 umwaka ushize wa 2018.
Brig. Gen. JB Ngiruwonsanga wo mu Ngabo z'u Rwanda uyoboye iyi myitozo, agaragaza ko izafasha abayitabiriye kubaka ubushobozi bwabo mu guhangana n'imbogamizi nshya zivuka muri ubwo butumwa.
Muri iyi myitozo hazibandwa ku rugero rw'ubutumwa bw'amahoro bwa MINUSCA, bugamije kugarura amahoro mu gihugu cya Central Africa.
Umugaba Mukuru wungirije w'Ingabo za USA
ku mugabane wa Afurika, Brig. Gen. Lapthe Flora, avuga ko ubufatanye hagati
y'ingabo ari ingenzi mu bikorwa byo kubungabunga umutekano.
Umugaba Mukuru w'Ingabo
z'u Rwanda Gen. Patrick Nyamvumba yasabye ko umubare w'abagore bajya mu bikorwa
byo kubungabunga amahoro wakwiyongera mu rwego rwo kugabanya ubusumbane hagati
y'abagabo n'abagore bajya muri ibyo bikorwa.
Gen. NYAMVUMBA yagaragaje kandi ko kugeza ubu u Rwanda rufite ingabo zisaga ibihumbi 5 n'abapolisi basaga igihumbi mu butumwa bwo kugarura no kubungabunga amahoro hirya no hino ku Isi, yizeza ko rutazahwema gutanga umusanzu warwo mu bikorwa byo kurengera abasivili aho bizaba ngombwa hose.
Imyitozo yiswe Exercise
shared Accord, ihurije hamwe abakozi bo mu nzego z'umutekano n'iza gisivili bo
mu bihugu 26 byo muri Afurika, u Burayi na Amerika, ikaba izamara ibyumweru
2.
Divin UWAYO
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru