AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Gicumbi: Ntibigisaba ko bambuka umupaka bajya gushaka serivisi

Yanditswe Feb, 03 2022 18:37 PM | 46,451 Views



Abaturage bo mu karere ka Gicumbi batuye mu mirenge yegereye umupaka barishimira ibikorwa remezo begerejwe bituma bashobora kwiteza imbere badakoze ingendo bajya mu bihugu by'abaturanyi.

Ibi ni bimwe mu byatangajwe ubwo Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu yasuraga imirenge yo mu karere ka Gicumbi iri ku mupaka.

Ku kigo cy'amashuri y'imyuga n'ubumenyingiro cya Mukarange mu karere ka Gicumbi urubyiruko rurimo kwiga imyuga n'ubumenyingiro irimo, ubwubatsi, gusudira n'ibinyanye n'amashanyarazi.

Ni ikigo kimaze amezi agera kuri 3 gitangiye gukora ubu kikaba kimaze kugira abanyeshuri basaga 200. Benshi muri aba biganjemo abari baracicishirije amashuri none baravuga ko imyuga barimo kwiga izaba imbarutso y'iterambere ryabo.

Mu rwego rw'ubuzima abaturage muri aka karere bishimira ibigo nderabuzima byubatswe bifasha abaturage kwivuza bitabasabye gukora ingendo nini.

Muri ibi bigo nderabuzima byubatswe harimo icya Mulindi na Poste de Sante ya Gatuna. Aha hatangirwa serivisi zo kuvura amenyo,amazo, gusiramura no gufasha abagore babyara.

Abaganga bakorera kuri ibi bigo nderabuzima bavuga ko umubare munini w'abarwayi bakirwa muri ibi bigo nderabuzima biganjemo abarwaye indwara z'amenyo.

Usibye ibikorwa remezo byiganjemo ibiteza imbere ubuzima n'uburezi bushingiye ku myuga n'ubumenyingiro abaturage begerejwe banishimira ko bahawe imirimo muri gahunda za VUP aho bakora imihanda buri muturage agahembwa ibihumbi 2000 ku munsi

Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney yasabye abaturage ba Gicumbi kwishakamo ibisubizo bigamije iterambere ryabo no gukunda ibikorerwa mu Rwanda.

CP Munyambo Bruce ushinzwe ishami rya Polisi riyihuza n'abaturage yagaragaje ko mu gihe abaturage bafatanyije n'inzego z'umutekano habaho umutekano usesuye maze abasaba gukomeza kugira uruhare mu kuwucunga kuko ari isoko y'iterambere.

KWIZERA John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura