AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

Gisagara: Kwishakamo ibisubizo bakitunganyiriza igishanga byabarinze inzara

Yanditswe Nov, 16 2022 16:20 PM | 128,860 Views



Bamwe mu baturage bo mu mirenge ikora ku gishanga cy'Akanyaru mu Karere ka Gisagara baravuga ko ukwishakamo ibisubizo bakitunganyiriza igishanga byabarinze inzara kuko bahinga buri sezo (season) ku buryo imyaka bezamo ibafasha kwiteza imbere.

Abatuye mu Murenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara, kuri ubu barimo kubyaza amafaranga mu imigozi y'ibijumba, aho umutwaro w'ibiro 20 bawugurisha amafaranga asaga 800.

Uretse ibijumba nk'igihingwa ngandurarugo kiganje ku bwinshi muri ibi bice, imwe mu migende kuri ubu yezemo ibishyimbo na Soya ku buryo nta kibazo cy'inzara bafite. Harabura kandi ibyumweru bibarirwa ku ntoki kugira ngo ibigori byere. Ibi babikesha kuba barishatsemo ibisubizo bakitunganyiriza iki gishanga mu buryo bworohereje aho sizoni zose bazihinga kandi imyaka yabo ntitware n'Akanyaru mu gihe cy'imvura.

Aba baturage kuri ubu uretse ukwihaza mu biribwa babikesha iki gishanga, benshi amafaranga ava mu myaka bezamo yabafashije mu rindi terambere  mu miryango yabo.

Umuyobozi w'Akarere ka Gisagara Rutaburingoga Jerome avuga ko aka karere kashyize imbaraga mu gutunganya ibishanga kuko basanze yaba inzira nziza yabafasha guhangana n'amapfa aterwa n'ihindagurika ry'ikirere.

Imirenge itandatu y'akarere ka Gisagara niyo ikora ku gishanga cy'Akanyaru. Gusa hari ibindi bice by'imwe muri iyi mirenge bifite abaturage bo bavuga ko bahinga season imwe gusa, akaba ariyo mpamvu basaba izindi mbaraga ngo igishanga cyose gitunganywe bityo bakibyaze umusaruro uhagije.

Callixte KABERUKA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir