AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Guverinoma yatanze icyizere ku kibazo cy’izamuka ry’ibiciro ku masoko

Yanditswe May, 18 2022 19:27 PM | 113,281 Views



Guverinoma yatanze icyizere ko ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro ku masoko gishobora gukemuka umwaka utaha, kubera ko ubukungu bw’igihugu bukomeje kuzahuka ndetse zimwe mu mpamvu zateye icyo kibazo zikaba zigenda ziva mu nzira buhoro buhoro.

Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu.

Ni ikiganiro cyibanze ahanini ku kibazo cy’ibiciro ku masoko bikomeje kuzamuka, dore ko ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare giherutse gutangaza ko mu kwezi gushize kwa Kane byazamutseho hafi 10%.

Minisitiri w'Intebe, Dr Ngirente yatanze icyizere avuga ko iki kibazo gishobora gukemuka umwaka utaha dore ko n'izamuka ry'ubukungu bw'u Rwanda muri iki gihe naryo ubwaryo ritanga icyizere.

Abajijwe ku cyo leta iteganyiriza abakozi bayo kugira ngo babashe guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku isoko, Minisitiri w’Intebe yavuze ko kuzamura umushahara bigoye gusa ngo hari ibyo leta iteganyiriza abasanzwe bahembwa umushahara muto nk’abarimu n’abakozi bo ku rwego rw’Akagali.

Kugeza ubu kandi igiciro cya Gaz ni kimwe mu byatumbagiye kandi iri mu bicuruzwa by’ibanze bikenerwa n’abatari bake bayitekesha.

Minisitiri w’Intebe avuga ko guverinoma yihaye amezi 6 ngo ibe yakemuye ikibazo kiri mu bucuruzi bwa gaz, ikibazo agaragaza ko gishingiye ku bikorwa remezo bidahagije cyane cyane ububiko bwayo.

Muri iki kiganiro kandi Dr Ngirente yagarutse ku zindi ngingo aho yafashe umwanya maze asobanura impamvu guverinoma iherutse gufata icyemezo cy’uko kwambara agapfukamunwa bitakiri itegeko.

Ku birebana n’inama ya CHOGM u Rwanda rwitegura kwakira, Minisitiri w’Intebe yagaragaje ko imyiteguro igenda neza, avuga ko kubera impinduka ziteganyijwe cyane cyane ku mikoreshereze y’imihanda mu mujyi wa Kigali mu minsi ya vuba abatuye n’abagenda mu murwa mukuru w’u Rwanda bazasobanurirwa byimbitse uko bazajya bakora ingendo zabo batabangamiwe.

Minisitiri w’Intebe yaherukaga kugirana ikiganiro n’abanyamakuru tariki 16 Werurwe uyu mwaka, ikiganiro nacyo kibanze kuri gahunda y’igihugu yo kuzahura ubukungu.


Divin Uwayo



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura