Yanditswe Apr, 18 2019 19:02 PM | 10,232 Views
Minisiteri y'Ubuzima itangaza ko inzego zinyuranye zirimo kuganira ku buryo abafite ubumuga babona insimburangingo n inyunganirangingo hifashishijwe ubwisungane mu kwivuza.
Ubwo hatahwaga ku mugaragaro ikigo cy ikitegererezo kita ku bafite ubumuga, ikigo kiri i Gahini muri Kayonza, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Ubuzima, Dr Nyemazi Jean Pierre yatanze icyizere ko ko uyu mwaka uzarangira, ubwisungane mu kwivuza bukoreshwa mu kugura insimburangingo n'inyunganirangingo.
Byukusenge Emmanuel ni umuturage wo mu karere ka Nyabihu we n'abandi babyeyi baturuka no mu tundi turere baje kuvuriza mu kigo cya Gahini.
Icyo bahurizaho n ibikoresho bavuga ko biri muri iki.kigo utapfa kubona ahandi mu Rwanda.
Icyakora abagana iki kigo kita ku bafite ubumuga bavuga ko insimburangingo n inyunganirangingo zihenze kandi n ubwisungane mu kwivuza kutabishingira.
Ku cyifuzo cy’ uko ubwisungane mu
kwivuza bwakoreshwa mu kugura insimburangingo n’ inyunganirangingo,
umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Ubuzima, Nyemazi Jean Pierre avuga iki
kibazo kirimo kuganirwaho kandi ko vuba kiraba cyabonewe umuti.
Ikigo cy’i Gahini kita ku bantu bafite ubumuga. (Center of cyubatswe ku
nkunga y imiryango inyuranye yo mu gihugu cy Ubudage. Cyuzuye gitwaye
amafaranga akabakaba miliyari imwe n’igice (1,500,000,000) z’amafaranga y’u
Rwanda . Ibikoresho byo byatwaye agera kuri miliyoni magana arindwi mirongo
itanu (750,000,000) z’amafaranga y’u Rwanda.
Ni inkuru ya Akimana Latifah
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru