AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yihanganishije Abanya-Kenya ku rupfu rw’Umugaba Mukuru w'Ingabo – Soma inkuru...
  • Ben Kayiranga na Mico The Best bateguje igitaramo gikomeye mu Bufaransa – Soma inkuru...

HATANGIYE GUSUZUMWA UMUSHINGA W'ITEGEKO RIGENGA UMUJYI WA KIGALI

Yanditswe May, 21 2019 10:25 AM | 12,906 Views



Komisiyo ya politiki, uburinganire n'ubwuzuzanye bw'abagore n'abagabo mu iterambere ry'igihugu y'umutwe w'abadepite yatangiye gusuzuma umushinga w'itegeko rigenga Umujyi wa Kigali.

Itegeko nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, niryo riteganya ko Umujyi wa Kigali ugira itegeko ryihariye, nk'umurwa mukuru, kuko mbere Umujyi wagengwaga n'itegeko ry'uturere muri rusange.

Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu Prof Anastase SHYAKA yasobanuye ko ibi byatumaga igenamigambi ritagenda neza, kuko ari Umujyi wa Kigali wigengaga n'uturere tuwugize tukagira ubuzima gatozi.

Avuga ko hari ikindi kibazo cy'uko 80% bigenda mu miturire n'ibikorwaremezo ariko hakaba nta muyobozi wihariye wari ubishinzwe.

Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu avuga ko abantu badakwiye kugira impungenge ku kwegereza ubuyobozi abaturage, kuko n'ubwo uturere tutazaba dufite ubuzima gatozi, serivisi zizakomeza gutangwa uretse ko icyo gihe abakozi bazaba ari ab'umujyi wa Kigali aho kuba ab'uturere.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira