AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Kwibuka27: Karongi na Nyamagabe, uturere twa mbere dufite imiryango myinshi yazimye

Yanditswe Apr, 19 2021 21:24 PM | 39,371 Views



Imiryango isaga ibihumbi 15 niyo bimaze kumenyakana ko yazimye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu hakaba harimo gutegurwa uburyo bwo kubika amateka y'iyi miryango kugira ngo itazibagirana. Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi bavuga ko imiryango yazimye ihora ku mitama yabo.

Ntagorama Jean Bosco  warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Kamonyi, avuga ko hari imiryango myinshi azi yazimye.

Yagize ati “Umuryango wa Siliro Kagabo n'umugore we Kayitesi Ceciriya, umwana we wa mbere witwaga Muvunyi,  undi wa kabiri witwaga Uwacu François, ni abo mbasha kumenyamo abandi bari bato ntabwo mbibuka ariko nta numwe wasigaye bose barazimye.”

Niyoyita Egide utuye mu karere ka Bugesera avuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yari afite imyaka ikenda, ibyabaye byose abyibuka akaba avuga ko abantu basaga 100 bahungiye mu rugo rw'umupasiteri, we na Nyiri urwo rugo aribo bonyine barokotse igitero cy'interahamwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umuryango w'abahoze ari abanyeshuri barokotse jenoside yakorewe Abatutsi, GAERG Nsengiyaremye Fidele, avuga ko kuva muri 2009 kugeza mu 2019, uyu muryango watangiye gukora ubushakashatsi bugamije kumenya imiryango yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubushakashatsi n'ubu bukomeje, akemeza ko hamaze kuboneka imiryango yazimye irenga  ibihumbi 15. Iyi miryango ibarirwamo abantu basaga ibihumbi 68.

Uturere twa Karongi na Nyamagabe ni two dufite imibare myinshi y'imiryango yazimye.

Akarere ka Karongi gafite imiryango irenga ibihumbi bibiri yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gihe akarere ka Nyagatare ko gafite umuryango 1 wazimye, Gatsibo ikagira imiryango 80.

Yagize ati “Mu bushakashatsi twakoze twasanze intara y'Iburengerazuba n'Amajyepfo arizo zibaziwe cyane,  akarere ka Karongi niko kagize imiryango yazimye myinshi irenga ibihumbi bibiri, akarere ka Nyamagabe niko kagakurikira, twabonye bifitanye isano n'uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi n'uburyo yakozwemo, kuko utwo turere twombi Inkotanyi zatugezemo bitinze bitewe n’ingabo z’Abafaransa ari zihari.”

Avuga ko barimo gutekereza uburyo bashyiraho igitabo kivuga ku miryango yazimye bakacyandika neza, bagakora filime kuri iyo miryango mu buryo bwimbitse isobanura neza iyo miryango, n’uburyo yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.


KWIZERA John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira