AGEZWEHO

  • Rutsiro: Miliyari 2 zigiye gukoreshwa mu gusana umuhanda Kivu Belt – Soma inkuru...
  • Gicumbi: Abantu 7 bakubishwe n'inkuba umwe arapfa – Soma inkuru...

Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'ibiza - MINALOC

Yanditswe Jun, 01 2023 18:22 PM | 82,928 Views



Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu (MINALOC) iratangaza ko hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'ibiza.

Ukwezi kurashize u Rwanda ruhuye n'ibiza byibasiye cyane Intara y'Amajyaruguru, iy'i Burengerazuba n'Amajyepfo  ku wa 2-3 Gicurasi.

Usibye ubuzima bw'abantu, hanangiritse ibikorwaremezo n'imitungo y'abaturage, haniyongeraho n'abagicumbikiwe mu nkambi bitewe n'uko inzu zabo zasenyutse cyangwa aho batuye hakaba hashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Mu bantu basaga ibihumbi 20 bari bacumbikiwe mu masite 93 ku ikubitiro, hasigaye gusa abagera ku bihumbi 7600 bari mu masite 25.

Minisitiri Ushinzwe ibikorwa by'ubutabazi Madamu Kayisire Marie Solange avuga ko hamaze gukusanywa miliyoni 800Frw zatanzwe ngo zigoboke abahuye n'ibizi; ashimangira ko ibikorwa byo kubitaho mu buryo bwose bushoboka bikomeje kuko intego ari uko basubizwa mu buzima busanzwe.

Isesengura rigaragaza ko hari ibyangijwe n'ibiza bizasanwa mu gihe cyihutirwa, igiciriritse n'ikirambye aho muri rusange hakenewe miliyari 296Frw, by'umwihariko amafaranga azakoreshwa mu kubakira abagicumbikiwe batishiboye asaga miliyari 30Frw.

Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu Jean Claude Musabyimana yizeza ko igihugu kizakora ibishoboka byose kugirango kibonere amacumbi abayakeneye kandi ahantu hadashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Inzego zitandukanye zashimangiye ko ibyiciro byose by'abacumbikiwe mu masite y'abakuwe mu byabo n'ibiza bitabwaho: harimo abana bato bashyiriweho amarerero abitaho, abagore batwite, abanyeshuri, abafite ubumuga n'abakuze n'abafite indwara zihariye, aho muri rusange ibikorwa byo kwita kuri aba baturage bakuwe mu byabo n'ibiza bitwara miliyoni zisaga 100Frw ku munsi.

Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu na Minisitiri ushinzwe ibikorwa by'ubutabazi  bagiranye ikiganiro n'itangazamakuru ku bimaze gukorwa na Guverinoma mu rwego rwo guhangana n'ingaruka z'ibiza byo mu ijoro ryo ku wa 2-3 Gicurasi. Photo: RwandaOGS

Minisitiri Ushinzwe ibikorwa by'ubutabazi Madamu Kayisire Marie Solange avuga ko hamaze gukusanywa miliyoni 800Frw zatanzwe ngo zigoboke abahuye n'ibizi. RwandaOGS

Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu Jean Claude Musabyimana yizeza ko igihugu kizakora ibishoboka byose kugirango kibonere amacumbi abayakeneye. Photo: Rwanda OGS


Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF