AGEZWEHO

  • Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti – Soma inkuru...
  • Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifite – Soma inkuru...

Hamuritswe urubuga rushya ruzafasha abantu kubona amategeko n’imikirize y’manza

Yanditswe Nov, 25 2022 18:12 PM | 354,894 Views



Kuri uyu wa Gatanu mu Rwanda hatangijwe urubuga rw'ikoranabuhanga ruzajya rufasha abantu kubona amakuru ajyanye n'amategeko n'imikirize y’imanza ruzafasha mu guteza imbere ubutabera.

Uru rubuga rushya rw'ikoranabuhanga ruzajya rufasha abantu bose kubona amakuru ajyanye n'amategeko n'imikirize y'imanza zitandukanye rwitezweho gufasha abaturage n'inzego zitandukanye gusobanukirwa ibijyanye n'amategeko.

Perezida wa Komisiyo y'u Rwanda ishinzwe ivugururwa ry'amategeko Mukantaganzwa Domitille avuga ko uru rubuga ruzafasha abaturage n'inzego zitandukanye.

Perezida w'urukiko rw'Ikirenga Dr Faustin Ntezilyayo avuga ko gushyiraho uru rubuga ari intambwe nziza itewe mu guteza imbere ubutabera ariko kandi asaba inzego z'ubutabera kujya zitanga amakuru yose ajyanye n'ubutabera binyuze kuri uru rubuga no kuruvugurura kugira ngo imikorere yarwo ige ijyana n'igihe.

Biteganyijwe kandi uru rubuga ruzashyirwaho n'amasezerano mpuzamahanga u Rwanda rwasinye agera kuri 300 kuko abaturage baba bafite uburenganzira bwo kumenya ibijyanye n'ayo masezerano.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti

Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifi

USAID ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda batangije imishinga igamije gu

Inzego za leta n’iz’abikorera zirasabwa guhuza imbaraga mu kurwanya

Perezida Kagame arashishikariza urubyiruko rwa Afurika kubyaza umusaruro amahirw

Uturere umunani twabonye abayobozi bashya

Gisagara: Imiryango irenga ibihumbi 2 yavuye mu bukene

Uturere 8 tugiye kubona abagize nyobozi na njyanama