Yanditswe Apr, 27 2022 14:50 PM | 64,367 Views
Hari
abaturage bo mu bice bitandukanye byo mu karere ka Nyagatare, bavuga ko bahangayikishijwe no kuba barahinduriwe igihe cyo gutanga imisanzu ya mituelle y'umwaka mushya ukurikiyeho, bakavuga ko hari
n'aho bamwe muri bo bajya gusaba izindi
serivisi mu nzego z'ibanze bakazimwa babwirwa ko ari uko bataratanga iyo misanzu y’umwaka utaha.
Gahunda y’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare ihari muri iki gihe ni uko mu rwego rwo gutanga imisanzu ya mituelle de santé y’umwaka utaha, abaturage bose bo muri aka karere kuri ubu basabwe kubitangira hakiri kare muri uku kwezi bakagenda batanga buhoro buhoro ku buryo cya gihe baba batangiye gusabwa kwivuza ku misanzu y’umwaka ukurikiyeho, baba bararangije gutanga imisanzu yabo yose.
Hashingiwe kuri icyo cyemezo ariko hari abaturage bumvikanisha ko kugeza ubu bamaze kubona ko gutanga mituweri ari bo ubwabo bifitiye akamaro, ariko bakagaragaza ko kuba barahinduriwe igihe basabirwa gutanga imisanzu ya mituelle y’umwaka ukurikiyeho bibabera imbogamizi ndetse ngo hari nabo byatunguye
Ikindi abaturage basaba ko cyahagarara ni ukwimwa izindi
serivisi kwa bamwe muri bo bikozwe na bamwe mu bayobozi b'ibanze ,babaziza ko bataratanga iyo misanzu
Gusa Murekatete Juliet, umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, avuga ko
nta muyobozi wakagombye kwima umuturage serivisi zindi, azira kuba ataratanga
mituelle.
Guhera kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mata 2022 mu karere ka Nyagatare, hatangijwe icyumweru
cy'ubukangurambaga kuri servisi z'ubuzima, ahagomba kugarukwa ku mitangire ya
mituweri ndetse n'izindi serivisi z'ubuzima nko kuboneza urubyaro, gutegura
indyo yuzuye, kugira isuku, kwikingiza inkingo zose za COVID-19, kwisuzumisha
indwara zitandura, n'ibindi.
Imibare itangwa n’ubuyobozi bw'aka karere igaragaza ko uyu mwaka turimo wa 2021 – 2022 usize akarere kari kuri 83.5% ku rwego rw’igihugu mu gutanga mituelle, naho umwaka utaha wa 2022- 2023 akarere ubu kari kuri 31.2%.
Beata Kanyumba
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru