AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Hashyizweho itsinda rireba uruhare u Bufaransa bwaba bwaragize muri Jenoside

Yanditswe Apr, 06 2019 09:28 AM | 14,979 Views



Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yashyizeho itsinda ry’abashakashatsi 8 rizacukumbura uruhare u Bufaransa bushobora kuba bwaragize muri Jenoside yakorewe Abatutsi ku buryo mu myaka ibiri hazasohoka raporo igaragaza uru ruhare.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Mata 2019, Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yahuye n’abahagarariye umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ibuka ishami ry’ubufransa, nyuma y’ibi biganiro ibiro bya Perezida Emmanuel Macron byavuze ko kugira ngo hagaragare imyitwarire y’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi bisaba ko inyandiko zose z’ibanga zirebana na Ministere y’Ububanyi n’amahanga y’u Bufransa icyo gihe, iy’ingabo, n’ibiro byari bishinzwe umutekano wo hanze y’igihugu mu Bufransa zishyirwa hanze.

Iri tsnda ry’abashakashatsi 8 rizaba rinashinzwe gushyira hanze izi nyandiko. Ibiro bya Perezida w’u Bufaransa byavuze ko ibi bigamije ko hazakorwa raporo isobanutse igaragaza ibikorwa byose u Bufaransa bwakoze mu Rwanda hagati y’umwaka w’1990 n’1994. 

Iyi raporo izashyikirizwa Perezida Macron kandi itangazwe ku mugaragaro. 

Muri iryo tangazo kandi havugwamo ko Perezida Macron yiyemeje kongera no gushimangira ingufu n'ubushake bw'urukiko rukuru rushinzwe gukurikirana ibijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda no kongera umubare w'abapolice kugira ngo abashinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi bagezwe imbere y'ubutabera byihuse.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama