AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Hatangajwe amatariki CHOGM 2020 izaberaho

Yanditswe Sep, 25 2019 10:10 AM | 7,584 Views



Perezida wa  Repubulika Paul Kagame avuga ko urubyiruko rudakwiye gufatwa nk’umutwaro ahubwo ko ari igisubizo ku iterambere. Ibi Umukuru w’igihugu yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza,  cyatangarijwemo amatariki inama y’uyu muryango izabera mu Rwanda.

Byari bimaze iminsi bizwi ko u Rwanda ruzakira  Inama y’umuryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza “Commonwealth” muri 2020 ariko amatariki nyayo y’iyo nama ikomeye izabera yari atari amenyekana.

Amashuso yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga igaragaza ikiganiro Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth , Patricia Scotland,  yakuyeho amatsiko. Iyi nama ikazaba mu cyumeru cya kizatangira tariki 22 Kamena 2020.

Muri iki kiganiro, Perezida wa Repubulika Paul  Kagame yagaragaje umwihariko w’iyi nama ifite insanganyamatsiko  igaruka ku guharanira ahazaza habereye buri wese binyuze mu ikroranabuhanga, guhanga udushya n’iterambere.

Umukuru w’igihugu kandi yagargaje urubyiruko nk’igisubozo ku iterambere aho kuba umutwaro..

Biteganyijwe ko abakuru b’ibihugu na za guverinoma b’ibihugu 53 bigize uyu muryango bose bazitabira. 

Umunyamanga Mukuru wawo, Patricia Scotland na we yagaragaje urubyiruko nk’amizero azatuma uyu muryango ugera ku ntego zawo.

Ibihugu bigize Umuryango wa Commonwealth byiganjemo urubyiruko kuko ruf 60% by’abaturage bagera kuri miliyari 2.4 batuye ibyo bihugu bari mu nsi y’imyaka 30.

Inkuru mu mashusho


Jean Pierre KAGABO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura